Miliyoni 26 z’abatuye Shanghai muri guma mu rugo nyuma y’ubwandu bushya busaga 13,000

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, abategetsi b’u Bushinwa bongereye igihe cya guma mu rugo muri Shanghai kugira ngo babashe kugera ku bantu miliyoni 26 bayituye, nyuma y’isuzuma ryakozwe mu mujyi hose ryerekanye ubwandu bushya bwa COVID-19 ku barenga 13.000 mu gihe uburakari bw’abaturage bwiyongera ku mategeko y’akato.

Ubu guma mu rugo yakwiriye umujyi wose nyuma y’amabwiriza y’ikumira mu turere two mu burengerazuba bw’umujyi yagumyeho kugeza igihe hazaza amabwiriza mashya, icyabaye nk’ikigeragezo ku ngamba z’u Bushinwa zitihanganira ikosa na rito zo gutsinda burundu coronavirus.

Biravugwa ko nibura abakozi 38.000 boherejwe muri Shanghai baturutse mu zindi ntara aho itangazamakuru rya leta ryasobanuye ko ari cyo gikorwa kinini cy’ubuvuzi mu gihugu hose kuva Wuhan yashyirwa muri guma mu rugo mu ntangiriro za 2020 nyuma y’umwaduko w’icyorezo cya coronavirus nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Hagati aho ariko, politiki y’akato y’umujyi yanenzwe gutandukanya abana n’ababyeyi no gushyira abafite ibimenyetso mu badafite ibimenyetso. Bamwe mu bahanga mu by’ubuzima rusange bavuga ko bitakiri ingamba zifatika.

Jaya Dantas, umwarimu w’ubuzima mpuzamahanga muri kaminuza ya Curtin muri Australia, yagize ati: “Ntabwo mbona ko iki ari igitekerezo cyiza kuko amezi 24 mu cyorezo tuzi byinshi cyane”. Yongeyeho ingamba z’u Bushinwa zo kurwanya COVID-19 zari zikwiye gusubirwamo.

Abanyagihugu basangije videwo ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza impungenge zijyanye n’iyi guma mu rugo.

Sun Chunlan, visi-minisitiri w’inte w’u Bushinwa ushinzwe gukumira COVID, yasabye imiryango y’ishyaka ku rwego rwo hasi “gukora ibishoboka byose” kugira ngo ifashe abaturage gukemura ibibazo byabo, nko kubona imiti, ibiryo n’amazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *