RDC: Inyeshyamba za M23 zigaruriye ibindi bice birimo Gasiza, Bugusa na Basare

Sangiza iyi nkuru

Imirwano yasubukuwe ku wa Kabiri hagati y’umutwe wa M23 na FARDC yarakomeje kuri uyu wa Gatandatu nko mu birometero cumi na bitanu uvuye mu Mujyi wa Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ingabo za leta ziragerageza kwigarurira uturere twigaruriwe n’inyeshyamba mu gihe zikomeza gufata utundi.

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyageragezaga kwirukana inyeshyamba zari zongeye gushinga ibirindiro mu bice bya bya Chengerero na Rwambeho.

Kuva kuwa Kane, ingabo za Congo zagerageje uburyo bwinshi.

Nk’uko amakuru menshi abitangaza ngo zarashe ibisasu ku misozi yigaruriwe kuva mu mpera za Werurwe n’inyeshyamba, ariko ntibabasha kuzirukana.

Ku wa Gatanu, ingabo zahanganye n’inyeshyamba zibikesha ubufasha, ariko nk’uko sosiyete sivili ibivuga, inyeshyamba zakomeje kwegera imbere.

Uduce twinshi nka Gasiza, Bugusa na Basare twaguye mu maboko ya M23 ikomeje gufata udusozi tw’ingenzi twa Runyoni na Tchanzu. Ku rundi ruhande, ingabo za FARDC ziragenzura Umujyi wa Bunagana kandi zagerageje kuri uyu wa Gatandatu gukoma imbere inyeshyamba zari zikikije sitasiyo y’amashanyarazi ya Matebe muri Parike ya Virunga.

Iyuburwa ry’imirwano nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga, ngo byatumye abantu benshi bata ibyabo berekeza muri Rutshuru-centre na Kiwanja, mu gihe abandi bahisemo guhunga berekeza muri Uganda nk’uko byatangajwe na sosiyete sivile.

Icyakora, aba baturage bari basubiye mu ngo zabo, bizera ko amahoro yagarutse nyuma y’aho FARDC itangaje ko yisubije uduce twari twafashwe na M23 yari yatangaje agahenge mu cyumweru gishize.

Umutwe wa M23 wigeze kwigarurira Goma muri 2012 mbere yo gukubitwa inshuro n’Ingabo za Loni abawugize bagatatanira mu Rwanda no muri Uganda, wubuye imirwano mu mpera z’umwaka ushize ushinja Guverinoma ya Kinshasa kuba itarubahirije amasezerano y’amahoro yashyizeho umukono.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *