Myugariro Kyle Walker wa Manchester City yo mu Bwongereza, ashobora gufatirwa ibihano nyuma yo kugaragara yihagarika ku gikuta cya hoteli.
Walker utarakinnye umukino wa FA Cup Manchester City yatsinzwemo na Liverpool ibitego 3-2 ku wa Gatandatu w’icyumweru kubera imvune, nyuma y’umunsi umwe uyu mukino ubaye ni bwo uyu mukinnyi yagaragaye ari kwihagarika ku gikuta cya hoteli mu mujyi wa Londres.
Abari muri iyi hoteli ngo babonye uyu mukinnyi abanza gukebaguza mbere yuko atangira kwihagarika ku gikuta cy’iyi hoteli, gusa ngo yabikoze nyuma yuko yari yagaragaye mu busitani bucuruza inzoga nk’uko The Sun yabitangaje.
Umwe mu bari muri iyi hoteli yagize ati: “Naje nje gufata ibyo kurya hamwe n’umuryango wanjye, ku bw’amahirwe make nabonye Kyle Walker yihagarika ku rukuta.”
Mu Bwongereza nta mategeko ahari ahana umuntu wihagaritse ku karubanda, gusa hari amategeko y’abategetsi ‘imbere mu gihugu ashobora guhana umuntu wakoze kino gikorwa ashobora guhanishwa gucishwa amayero agera kuri 80.


