Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rulindo ifunze uwitwa Mwumvaneza Helpide ucyekwaho kwambura abaturage amafaranga yiyita Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG).
IP Gasasira yagize ati,” Mu rwego rwo kwereka abo yasabye amafaranga ko ibyo ababwira azabikora; kandi ko abishoboye, yandikaga imyirondoro n’ibikorwa byabo biri ahateganjijwe kunyuzwa ibyo bikorwa remezo.
Mu butumwa bwe, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara yagize ati,” Abatekamutwe nk’aba bambura abantu biyitirira Inzego zirimo iza Leta, Izikorera, Imiryango itegamiye kuri Leta cyangwa Imiryango Idaharanira inyungu barahari. Buri wese arasabwa gushishoza kugira ngo batamucuza utwe; kandi agatungira agatoki inzego zibishinzwe abo babicyekaho.”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yagarutse ku kamaro ko gutangira amakuru ku gihe agira, ” Bituma inzego zibishinzwe zikumira ibyaha no gufata ababikoze, cyangwa abafite imigambi yo kubikora.”
Mwumvaneza nahamwa n’icyaha azahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000) nk’uko biteganywa n’ingingo ya 609 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


