Ibihugu 40 birateranira mu Budage kuri uyu wa 26 Mata 2022, biganira ku buryo byakongerera ubushobozi ingabo za Ukraine, kugira ngo zibashe guhangana n’iz’u Burusiya zimaze amezi abiri zigabayo igitero.
Nk’uko RFI ibivuga, iyi nama yatumijweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), irabera ku birindiro by’ingabo zazo zirwanira mu kirere bya Ramstein biri mu Budage.
Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’aho Umunyamabanga (Minisitiri) wa USA ushinzwe ingabo, Lloyd Austin agiriye uruzinduko mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, kuri uyu wa 25 Mata ubwo yari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta, Antony Blinken.
Minisitiri Austin yasobanuye ko mu gihe u Burusiya bufite umugambi wo gufata igice cya Donbas kirimo intara ya Donetsk na Luhansk, ari ngombwa ko ibihugu biterana kugira ngo bifashe Ukraine kubona ubushobozi bwo kurwana.
Yagize ati: “Iyi nama igamije gufasha ingabo za Ukraine kubona ubushobozi bw’inyongera. Batsinda mu gihe baba babonye ibikoresho bikwiye, ubufasha bukwiye.”
Ku ruhande rwa USA nk’uko Austin yabitangaje, irashaka guha ingabo za Ukraine ubufasha butandukanye burimo intwaro ziri ku rwego rw’ubukana bw’intambara.
Iyi nama iraterana nyuma y’aho mu cyumweru gishize USA yemereye Ukraine ubufasha bw’ibikoresho by’igisirikare bifite agaciro k’amadolari miliyoni 800.


