Scott Sibley yabaye Umwongereza wa mbere byemejwe ko yaguye ku rugamba muri Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Ibiro bya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza byavuze ko umwenegihugu w’u Bwongereza yiciwe muri Ukraine naho undi akaba yaburiwe irengero.

Amakuru aturuka muri Ukraine agera kuri BBC avuga ko uyu muntu wapfuye ari Scott Sibley, uvugwaho kuba yari arimo kurwanira Igisirikare cya Ukraine.

Niwe Mwongereza wa mbere wemejwe ko yiciwe muri iyi ntambara kandi usobanurwa ko yari umuntu ugira urukundo.

Ibiro by’ububanyi n’amahanga ntabwo byatangaje umwirondoro w’undi Mwongereza waburiwe irengero.

Ibisobanuro birambuye ku rupfu rwa Sibley n’uburyo cyangwa igihe umuntu wa kabiri yaburiye ntabwo byatanzwe.

Amakuru aturuka muri diplomasi yavuze ko bishoboka ko abo bantu bombi ari abakorerabushake b’abanyamahanga bakorana n’ingabo za Ukraine haba muri Mariupol cyangwa ahandi muri Donbas.

Sibley yunamiye kuri interineti, humvikana ko yahoze mu ngabo z’u Bwongereza, no kuri Facebook ndetse no ku mpapuro zo gukusanya inkunga zo gushyiraho urwibutso rwe.

Inyandiko iri ku rubuga rwa Facebook rwa Logistics Support Squadron yamusobanuye ko ari “uwahoze ari umusirikare ” “werekanye umwuka wa Gikomando kugeza ku iherezo”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *