Burundi: Habonetse imirambo itanu bikekwa ko ari iy’inyeshyamba z’Abanyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru gishize, havumbuwe imirambo itanu itangiye kwangirika ku musozi wa Bihembe mu gace ka Bumba. Ni muri komini ya Bukinanyana mu ntara ya Cibitoke . Imyirondoro y’abapfuye bari bambaye imyenda y’ingabo za Congo (FARDC) ntiramenyekana, ariko abayobozi b’ingabo n’abayobozi bemeza ko iyo mibiri ari iy’inyeshyamba z’Abanyarwanda ziri muri ako karere.

Babanje kubonwa n’abashinzwe umutekano bashinzwe kurinda ishyamba rya Kibira nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga.

Abaturage baragira bati: “Bakoraga akazi kabo ka buri munsi ubwo babonaga imirambo irimo kwangirika.”

Abasirikari n’abayobozi babimenyeshejwe bajya ahabonetse iyi mirambo. Amakuru ava mu gisirikare avuga kobyamenye gusa imyenda abapfuye bari bambaye.

Ati: “Iyi ni imyambaro ya gisirikare ya FARDC. Twizera ko ari inyeshyamba z’Abanyarwanda zapfuye vuba aha. Ku wa kane, twumvise urusaku rw’amasasu, ariko nta makuru ahagije dufite kuri yo. ”

Ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo gushyingura imirambo kugirango “birinde ikwirakwizwa ry’indwara zishoboka”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *