Arsène Wenger abona Unai Emery atarafashwe uko bikwiye muri Arsenal

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Arsène Wenger wigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza igihe kirekire, asanga Unai Emery wamusimbuye atarafashwe uko bikwiriye ubwo yari umutoza muri iyi kipe.

Wenger w’imyaka 72 y’amavuko yasimbuwe n’umunya-Espagne Unai Emery muri 2018, gusa bitandukanye na we wamaze imyaka irenga 20 atoza iyi kipe Emery we yirukanywe amaze amezi 18 yonyine mbere yo gusimbuzwa mwene wabo Mikel Arteta.

Wenger ku bwe abona Emery atarafashwe neza kugira ngo abashe gutanga umusaruro ukwiye ubwo yatoza ikipe ya Arsenal.

Uyu mugabo avuga ko Emery atafashwe uko bikwiye “kubera ko atahabwe umwanya uhagije…, ntekereza ko Unai Emery ari umutoza ukomeye, yongeye kubyerekana muri Espagne, ari ku urwego rwo hejuru bihoraho.”

Unai Emery umaze gutwara ibikombe bine bya Europa League birimo n’icyo yatwaye umwaka ushize ari kumwe na villarreal atoza kugeza ubu.

Uyu mutoza yanabashije gufasha iyi kipe kugera muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League, aho ku munsi wejo ku wa Kabiri yasezererwaga n’ikipe ya Liverpool ku giteranyo cy’ibitego 5-2.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *