Imirwano hagati y’inyeshyamba z’Abanyarwanda n’ingabo z’u Burundi yiciwemo bane

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru gishize, itariki ya 8 Gicurasi 2022, imirambo ine yavumbuwe n’abaturage ku gasozi ka Ngara k’umusozi wa Gafumbegeti, muri Zone Butahana muri komini ya Mabayi. Ni mu ntara ya Cibitoke mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, muri kilometero byibuze 120 uvuye mu murwa mukuru w’ubucuruzi, Bujumbura. Iyi ni imirambo itatu y’inyeshyamba bivugwa ko ari iz’Abanyarwanda n’umusirikare w’u Burundi.

Amakuru aturuka mu Gisirikare cy’u Burundi ( FDNB) avuga ko muri ako gace habereye imirwano ikaze hagati y’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro w’Abanyarwanda n’abasirikare b’u Burundi nk’uko tubikesha SOS Medias Burundi.

Umusirikare mukuru mu Ngabo z’u Burundi yagize ati: “Imirwano ikaze yahitanye abantu 3 ku ruhande rw’izo nyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zari zimaze igihe kinini mu ishyamba karemano rya Kibira kandi tubabajwe n’urupfu rw’umusirikare mu mirwano”. Agaragaza ko abandi basirikare batatu bakomeretse bikabije muri iyi mirwano.

Ati: “Turasaba abaturage kongera ingufu mu kugaragaza urujya n’uruza ruteye amakenga.”

Abatuye muri komine ya Mabayi baremeza ko hari imitwe yitwaje intwaro ivuga Ikinyarwanda.

Bagira bati: “Kugeza ubu urujya n’uruza rw’aba barwanyi bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rufite intwaro zikomeye ruragaragara”.

Umuyobozi wa komine ya Mabayi yemeza aya makuru. Yagiriye inama abaturage kurushaho gufatanya n’igisirikare kandi aburira “abaturage bamwe bagaburira izo nyeshyamba” ababwira ko bazahanwa bikomeye hakurikijwe amategeko, “nibamara kumenyekana”.

Soma Izindi Nkuru