Élisabeth Borne wabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore mu Bufaransa mu myaka 30 ishize, yavutse ku ya 18 Mata 1961. Ni umunyapolitiki w’Umufaransa watoranyijwe kuri uyu wa Mbere, itariki 16 Gicurasi 2022 na Perezida Emmanuel Macron ngo azayobore guverinoma nshya muri manda ye ya kabiri.
Borne yabanje kuba Minisitiri w’abakozi, umurimo no kwishyira hamwe muri guverinoma ya Minisitiri w’intebe Jean Castex kuva mu 2020 kugeza 2022. Ku ya 16 Gicurasi 2022, Perezida Emmanuel Macron yamugize Minisitiri w’intebe w’u Bufaransa, nyuma y’iyegura rya Castex. Ni umuyoboke w’ishyaka rya politiki, La République En Marche! (LREM).
Akazi mu nzego za Leta
Borne yakoraga nk’umuyobozi ushinzwe igenamigambi ry’imijyi mu Mujyi wa Paris kuva 2008 kugeza 2013. Muri 2013 yagizwe Perefe wa Vienne n’akarere ka Poitou-Charentes, aba umugore wa mbere wahawe uwo mwanya.
Kuva mu 2014 kugeza 2015, yabaye umunyamabanga wihariye wa Ségolène Royal, icyo gihe akaba yari Minisitiri w’ibidukikije, iterambere rirambye n’ingufu.
Ouest-France ivuga ko uyu mugore w’imyaka 61 w’umutekinisiye ndetse n’umwubatsi w’ibiraro, yaje kuba umuyobozi mukuru wa RATP Group, ikigo cya leta gitanga serivisi mu bijyanye no gutwara abantu, kuva 2015 kugeza 2017.
Umwuga wa politiki
Borne wari umaze igihe kinini mu ishyaka rya Gisosiyalisiti (PS), yatoye Emmanuel Macron mu matora y’umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa mu 2017 nyuma aninjira mu ishyaka rye, La République En Marche! (LREM).
Borne yari Minisitiri ushinzwe imibereho mishya igamije kurengera ibidukikije (2019–2020) nyuma yo kuba minisitiri w’ubwikorezi (2017–2019) muri guverinoma ya mbere n’iya kabiri ya Philippe. Igihe yari ku butegetsi, yamaganaga imyigaragambyo y’ibyumweru yo mu 2017 kugira ngo harangizwe sisitemu ya pansiyo n’inyungu ku bakozi ba sosiyete ya leta ishinzwe kubaka mihanda ya gari ya moshi, SNCF.
Mu 2020, Borne yagizwe Minisitiri w’abakozi muri guverinoma ya Minisitiri w’intebe Jean Castex, asimbuye Muriel Pénicaud. Muri urwo rwego, yagenzuye imishyikirano n’amashyirahamwe yabakozi yatumye inyungu z’ubushomeri zigabanuka ku bashaka akazi.
Mu gihe yari ku butegetsi, umubare w’abashomeri mu Bufaransa wagabanutse kugera ku rwego rwo hasi mu myaka 15 naho ubushomeri mu rubyiruko bugera ku rwego rwo hasi mu myaka 40.
Ku ya 16 Gicurasi 2022 Borne yagizwe Minisitiri w’intebe, asimbuye Jean Castex, nyuma y’ibyumweru 3 Emmanuel Macron yongeye gutorerwa manda ya kabiri nka Perezida wa Repubulika y’u Bufaransa. Nyuma ya Édith Cresson, wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa mu 1991–1992, niwe mugore wa kabiri ugiye kuri uyu mwanya.


