Kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Gicurasi, urukiko rwo muri Ukraine rwategetse ko hafatwa uwahoze ari Perezida Viktor Yanukovych adahari, rumushinja ubugambanyi kubera amasezerano yasinyanye mu mwaka wa 2010 n’u Burusiya yo gukomeza gufatira amato ya Ukraine muri Crimée.
Aya masezerano azwi cyane muri Ukraine nk’Amasezerano ya Kharkiv, yemereye u Burusiya kugumana amato yo mu Nyanja y’Umukara ku cyambu cya Sevastopol.
Yanukovych wahungiye mu Burusiya mu 2014 nyuma y’imyigaragambyo rusange, yamaze gukatirwa imyaka 13 y’igifungo adahari kubera ubugambanyi. Uru rubanza rwari rufitanye isano n’ibaruwa yoherereje Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin ku ya 1 Werurwe 2014, amusaba gukoresha ingabo n’abapolisi b’u Burusiya kugira ngo agarure umutekano muri Ukraine.
Yanukovych ntiyabashije guhita aboneka kugirango atange ibisobanuro. Gusa mbere yahakanye ibyo aregwa byose nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Ubushinjacyaha bukuru bwa Ukraine bwatangaje ko Urukiko rwa Kyiv ku wa Mbere rwategetse ko Yanukovych atabwa muri yombi kubera Amasezerano ya Kharkiv yatumye u Burusiya bwongera umubare w’abasirikare bwari bufite muri Ukraine ndetse no gufata no kwigarurira Crimea mu 2014.
Ibikorwa bya Yanukovych byari binyuranyije n’itegeko nshinga kandi “byangiza ubusugire bw’igihugu no kutavogera ubwirinzi, umutekano w’igihugu ndetse n’ubukungu bya Ukraine, kandi byafashije igihugu cy’amahanga”.
Abashakashatsi bo muri Ukraine babwiye Yanukovych muri Mutarama umwaka ushize ko akekwaho ubugambanyi kubera Amasezerano ya Kharkiv.
Ku ya 24 Gashyantare, u Burusiya bwateye Ukraine kandi bukoresha amato y’o mu Nyanja y’Umukara mu kurasa kuri Ukraine mu cyo Putin yise “igikorwa kidasanzwe cya gisirikare.”



2 Responses
Ukraine: Urukiko rwategetse ifatwa ry’uwahoze ari perezida kubera ubugambanyi
Aba baperezida bombi ndabona ari abanyabibazo: Umwe Igihugu araiha uburusiya, undi akagiha Amelika n’amashumi yayo!!!! Nibigenge ibindi bihugu bibubahe.
Ukraine: Urukiko rwategetse ifatwa ry’uwahoze ari perezida kubera ubugambanyi
Aba baperezida bombi ndabona ari abanyabibazo: Umwe Igihugu araiha uburusiya, undi akagiha Amelika n’amashumi yayo!!!! Nibigenge ibindi bihugu bibubahe.