Nk’uko igisirikare n’imiryango itegamiye kuri Leta bibitangaza, kuri uyu wa Gatandatu ushize abaturage benshi bishwe n’inyeshyamba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Umuvugizi w’ingabo za FARDC yatangarije ibiro ntaramakuru AFP ko abantu “barenga icumi” baguye mu gitero cyo ku wa Gatandatu, mu gihe Croix-Rouge ivuga ko abapfuye ari 24.
Umuryango ukurikirana ibijyanye n’umutekano muri Kivu (Kivu Security Tracker) ukoresheje itsinda ry’impuguke, wavuze ko byibuze abasivili 27 bapfuye.
Umuvugizi w’ingabo, Anthony Mualushayi yatangarije AFP, ko ubwo bwicanyi bwabereye mu mudugudu wo mu karere ka Beni mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ati: “Twumvise amasasu mu museke mu mudugudu wa Beu Manyama. Tugezeyo, byari bimaze gutinda kuko umwanzi ADF yari amaze kwica abanyagihugu bacu barenga icumi bakoresheje imihoro “.
Inyeshyamba za ADF, zishinjwa gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka Islamic State zishinjwa kwica abaturage ibihumbi n’ibihumbi mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.


