capture-20.jpg

U Burusiya bwakoresheje imwe mu ntwaro zabwo ziteye ubwoba muri Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ingabo za Ukraine, abaganga, abayobozi b’u Bwongereza n’uko bigaragazwa na videwo zo ku rugamba, u Burusiya ngo bwakoresheje imwe mu ntwaro zabwo ziteye ubwoba mu mirwano ibera mu burasirazuba bwa Ukraine.

Iyi ntwaro, sisitemu y’imbunda ishinze ku modoka irasa za roketi yiswe Solntsepek, cyangwa Heatwave, irasa imitwe ya thermobaric iteza iturika rihambaye rishobora guhungabanya ndetse no kwica abantu bihishe mu myobo cyangwa indake aho abasirikare baba bizeye umutekano.

Col. Yevhen Shamataliuk, umuyobozi wa Brigade ya 95 y’ingabo za Ukraine, abasirikare be bakaba bararashweho n’intwaro ya Heatwave yo mu Burusiya mu mirwano muri uku kwezi hafi y’umujyi wa Izyum, yagize ati “Wumva Isi ihinze umushyitsi”.

Shamataliuk yakomeje agira ati: “Irasenya cyane.” “Isenya indake. Zisenyukira gusa hejuru y’abari imbere. ”

Ingabo za Ukraine zavuze ku ya 5 Mata ko nazo zakoresheje iyi ntwaro zambuye ingabo z’u Burusiya mu kuzirasaho zigamije kuzitwikisha intwaro zabo bwite, mu mirwano yaberaga hafi ya Izyum.

Intwaro za Thermobaric ntizibujijwe, kandi ntizivugwa mu Masezerano ya Geneve, urukurikirane rw’amasezerano mpuzamahanga agenga intambara. Igisirikare cy’u Burusiya cyohereje intwaro ya Heatwave mu ntambara yo muri Syria, ariko irakoreshwa no muri Ukraine nk’uko byemezwa n’igisirikare cya Ukraine ndetse n’amashusho yerekana ibitero byibasiye imijyi yo mu burasirazuba bwa Ukraine.

Guturika guhambaye kw’ibisasu by’iyi ntwaro bamwe bita ibisasu bya peteroli cyangwa ibisasu bya vacuum, gukwirakwiza igihu cyangwa ifu hanyuma igaturikira mu kirere. Igikurikira n’iturika rihambaye rikurikirwa no gukamura oxygene mu kirere mu gihe peteroli ishya.

Sgt Anna Federchuk utwara imbangukiragutabara muri Kramatorsk, mu burasirazuba bwa Ukraine wanitaye ku basirikare barashweho n’iyi ntwaro, yavuze ko abasirikare ba Ukraine bahuye n’iryo turika bakarokoka bahuye n’ubushye ndetse n’ihungabana.

Ni gute igisasu cya thermobaric gikora?

capture-20.jpg

Igisasu cya thermobaric (nanone cyitwa vacuum cyangwa aerosol bomb cyangwa fuel air explosive, ifite ibintu bibiri bitandukanye biturika.

Iki gisasu gishobora kuraswa nka roketi cyangwa kujugunywa nka bombe ivuye mu ndege. Iyo ikubise igipimo, igiturika cya mbere gifungura kontineri kandi gikwirakwiza uruvange rwa lisansi nk’igicu.

Iki gicu gishobora gucengera mu nyubako iyo ari yo yose cyangwa gucengera ubwirinzi bwose budafunze neza.

Igice cya kabiri noneho gituritsa icyo gicu, hakavamo ikibatsi cy’umuriro mwinshi, umuyaga mwinshi utewe n’iturika bihita bikurura umwuka wa Oxygene hafi aho. Intwaro ishobora gusenya inyubako zikomeye, ibikoresho no kwica cyangwa gukomeretsa abantu.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. U Burusiya bwakoresheje imwe mu ntwaro zabwo ziteye ubwoba muri Ukraine
    Birababaje kubona Muntu akora ibintu byo kwica mwene-muntu.Buli mwaka isi yose ikoresha budget ya 2 trillions usd mu bijyanye n’intambara.Intambara zimaze gutwara abantu bagera kuli 1 billion kuva Muntu yabaho.Kuba imana yaturemye itubuza kwicana no kurwana,ntacyo bibwiye abantu.Ahubwo barushaho gukora ibitwaro biteye ubwoba.Niyo mpamvu nayo ivuga ko ku munsi wa nyuma izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza.Kubera aribo batera isi ibibazo.

  2. U Burusiya bwakoresheje imwe mu ntwaro zabwo ziteye ubwoba muri Ukraine
    Birababaje kubona Muntu akora ibintu byo kwica mwene-muntu.Buli mwaka isi yose ikoresha budget ya 2 trillions usd mu bijyanye n’intambara.Intambara zimaze gutwara abantu bagera kuli 1 billion kuva Muntu yabaho.Kuba imana yaturemye itubuza kwicana no kurwana,ntacyo bibwiye abantu.Ahubwo barushaho gukora ibitwaro biteye ubwoba.Niyo mpamvu nayo ivuga ko ku munsi wa nyuma izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza.Kubera aribo batera isi ibibazo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *