Leta ya RDC yemeje ko idashobora kuganira na M23 kuko ari umutwe w’iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yatangaje ko Leta idashobora kugirana ibiganiro by’amahoro n’umutwe witwaje intwaro wa M23 kubera ko ngo ari umutwe w’iterabwoba.

Muyaya yabitangarije mu kiganiro kirebana n’umutekano wo mu burasirazuba bw’igihugu yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa kuri uyu wa 30 Gicurasi 2022. Yabajije ati: “Byaba bimaze iki kuganira n’umutwe w’iterabwoba? Nta kindi gihe gihari cyo kuganira.”

Umuvugizi wa guverinoma, yashimangiye ko icyo Leta ya RDC igomba gukorera M23 ari ugukoresha imbaraga z’igisirikare mu kuyirwanya.

Ariko Umuvugizi wa M23, Maj. Willy Ngoma nk’uko BBC ibivuga, we yemeza ko batari umutwe w’iterabwoba. Ati: “Ntituri umutwe w’iterabwoba. Kutwita kuriya ntacyo bivuze. Ni byo bo batekereza.”

Patrick Muyaya atangaje ko nta biganiro Leta iteze kugirana na M23 nyuma y’aho muri Mata 2022 abari bahagarariye uyu mutwe mu biganiro byaberaga i Nairobi muri Kenya birukanwe.

Leta ya RDC yashinje abarwanyi ba M23 kugaba ibitero ku birindiro by’ingabo, FARDC, mu gihe ibi biganiro byari birimbanyije. Gusa bo barabihakanye, basobanura ko izi ngabo ari zo zabagabyeho igitero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *