Mukuralinda abona Leta ya RDC ikwiye gukemura ibibazo bya M23

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda abona ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bukwiye kwita kandi bugakemura ibibazo byagaragajwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu ku wa 29 Gicurasi 2022 cyerekeye intambara y’ingabo za Leta ya RDC na M23 yagize ingaruka ku mubano w’iki gihugu n’u Rwanda, yasobanuye ko iki kibazo kireba Abanyekongo.

Yagize ati: “Ikibazo uyu munsi kiri hagati ya Leta ya RDC na M23 byumvikane, bisobanuke. Ni ikibazo kiri hagati y’Abanyekongo. Icyo kintu nikidaherwaho ngo batangire bashaka umuti bizakomeza bizurungutane.”

Mukuralinda yavuze ko hari ibibazo M23 yagaragaje Leta ya RDC idakemura, ari byo byatumye abarwanyi bayo bafata intwaro. Ati: “Niba M23 iri muri kariya gace ifite ibibazo ivugira abaturage ba hariya, ibibaza guverinoma ya Congo, bigomba kwitabwaho bigakemuka.”

Iyi ntambara yatumye Leta ya RDC ikumira indege za RwandAir zakoreraga ingendo i Goma, Lubumbashi na Kinshasa. Ishinja u Rwanda gufasha M23 ariko rwo rurabihakana, rukemeza ko iki kirego nta shingiro gifite.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *