Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres hamwe na bimwe mu bihugu bikomeye ku Isi, basabye ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) gusubira mu biganiro n’umutwe witwaje intwaro wa M23.
Ni ubusabe bwatangiwe mu nama y’akanama ka UN gashinzwe umutekano yateranye kuri uyu wa 31 Gicurasi 2022 yiga ku bibazo by’umutekano muke biri mu burasirazuba bwa RDC, by’umwihariko imirwano y’ingabo za Leta na M23.
Guterres, abahagarariye: Kenya, u Bufaransa, Ubwami bw’u Bwongereza, Ireland na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, basabye ko abahagarariye M23 basubira mu biganiro biri guhuza Leta n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro, bibera i Nairobi muri Kenya guhera tariki ya 22 Mata 2022.
Nyuma yo kubona ubu busabe, Bertrand Bisimwa uhagarariye M23 ku rwego rwa politiki akaba n’umwe mu bigeze kwitabira ibiganiro by’i Nairobi, yashimiye ibi bihugu hamwe na Guterres.
Bisimwa yagize ati: “Ubusabe b’ibihugu bigize akanama k’umutekano ka UN ku kibazo cyo mu burasirazuba bwa RDC burimo ubwenge, ubukure no gushyira mu gaciro. M23 yizera ikomeje igisubizo giciye mu mahoro kandi tuzasubira i Nairobi mu biganiro n’abavandimwe bacu b’i Kinshasa.”
Ibiro bya Perezida wa RDC tariki ya 22 Mata byatangaje ko abahagarariye M23 birukanywe muri ibi biganiro. Byasobanuye biti: “Ababyitabiriye batunguwe no gusubukura imirwano bikozwe na M23/Makenga.”
Ibi byatumye imirwano hagati y’impande zombi ifata intera iri hejuru muri teritwari ya Rutshuru no muri Nyiragongo mu gace ka Kibumba ndetse inakurura umwuka mubi hagati ya Leta ya RDC n’u Rwanda, irushinja gufasha M23.
Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 30 Gicurasi, yatangaje ko Leta idashobora kongera kugirana ibiganiro na M23 kubera ko ngo ari umutwe w’iterabwoba.
Muyaya yagize ati: “Byaba bimaze iki kuganira n’umutwe w’iterabwoba? Nta kindi gihe gihari cyo kuganira.” Ariko Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yasubije ko ibyo kwita uyu mutwe ari uw’iterabwoba ari igitekerezo cya Leta. Ati: “Ntituri umutwe w’iterabwoba. Kutwita kuriya ntacyo bivuze. Ni byo bo batekereza.”



8 Responses
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Erega Congo yange yemere izicarana na M23 ni aba congomen nkuko nabandi ari congolais naho kuvuga ko M23 ari umutwe witerabwoba n’inzira ishaje government igikoresha icyo gihe cyarangiranye cya gihe M23 yemera gushyira intwaro hasi ubu bari bamaze imyaka hafi 5 itarwana yaremeye kumvikana.
Ntangazwa n’umunya politiki uvuga ko atavugana na M23. Gute se? Binyuze he se? Muzavugana urabeshya
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Erega Congo yange yemere izicarana na M23 ni aba congomen nkuko nabandi ari congolais naho kuvuga ko M23 ari umutwe witerabwoba n’inzira ishaje government igikoresha icyo gihe cyarangiranye cya gihe M23 yemera gushyira intwaro hasi ubu bari bamaze imyaka hafi 5 itarwana yaremeye kumvikana.
Ntangazwa n’umunya politiki uvuga ko atavugana na M23. Gute se? Binyuze he se? Muzavugana urabeshya
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Ariko ubundi usibye kwiha urwamenyo ngo barirukana ambasadeur wacu iwabo,no guhagarika RWANDA AIR ikinshasa, bazaba bafunze namaboutique acuruza za MISSILE,BOMBS,GERNADE&AMASASU??? BARABASHUKAAAA……….!
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Ariko ubundi usibye kwiha urwamenyo ngo barirukana ambasadeur wacu iwabo,no guhagarika RWANDA AIR ikinshasa, bazaba bafunze namaboutique acuruza za MISSILE,BOMBS,GERNADE&AMASASU??? BARABASHUKAAAA……….!
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Hhhh aba congolais murasetsa, nigute mutakwicarana na M23 Kandi yirirwa ibahondagura.
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Hhhh aba congolais murasetsa, nigute mutakwicarana na M23 Kandi yirirwa ibahondagura.
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Fardc nta mbaraga ifite !So bagomba kwemera ibiganiro.
UN n’ibihugu bikomeye byasabye Leta ya RDC gusubira mu biganiro na M23
Fardc nta mbaraga ifite !So bagomba kwemera ibiganiro.