Perezida wa Tunisia, Kais Saied, wihaye ububasha busesuye kuva muri Nyakanga umwaka ushize, kuri uyu wa kane yahinduye itegeko rigenga imikorere y’ubugenzuzi bw’ubutabera kandi yirukana abacamanza bakabakaba 60.
Urutonde rw’abacamanza 57 rwatangajwe mu ijoro ryakeye mu kinyamakuru cyemeza ko birukanwe kubera “guhisha imanza z’iterabwoba”, “ruswa”, “ihohoterwa rishingiye ku gitsina”, “gukorana” n’imitwe ya politiki no “guhungabanya imikorere y’ubutabera”.
Perezida Saied yari yatangaje mbere iki “cyemezo cy’amateka” nyuma y’inama y’abaminisitiri yo ku wa Gatatu nk’uko tubikesha VOAAfrique.
Mu bacamanza birukanwe bashobora gukurikiranwa mu nkiko, harimo uwahoze ari umuvugizi w’urwego rushinzwe kurwanya iterabwoba, uwahoze ari umuyobozi mukuru wa gasutamo ndetse n’uwahoze ayobora Inama Nkuru y’ubucamanza.


