Uwahoze ari Perezida wa Maurtania mu nzira zo kuburaniswa ku byaha birimo ruswa

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida wa Mauritania kuva mu 2009 kugeza mu 2019, Mohamed Ould Abdel Aziz, ukekwaho ibyaha bya “ruswa, iyezandonke no kwikungahaza mu buryo butemewe n’amategeko”, azaburanishwa mu rukiko mpanabyaha hamwe n’abandi banyacyubahiro 11 bo ku butegetsi bwe nk’uko byemejwe n’umunyamategeko w’uwahoze ari umukuru w’igihugu.

Kuri Mohamed Ould Abdel Aziz, ibyaha byose aregwa bishingiye ku kwihorera. Uyu wahoze ari perezida ndetse yakunze kwanga gusubiza umucamanza nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Yafashwe mu 2020, nyuma ya komisiyo ishinzwe iperereza mu nteko ishinga amategeko, aho abacamanza barebeye hamwe imyaka icumi y’ubutegetsi bwe, cyane cyane ibijyanye n’imicungire y’imisoro ya peteoli, kugurisha imitungo ya Leta, iseswa rya sosiyete ya leta yakurikiraaga ko igihugu gifite ibiribwa n’ibikorwa bya sosiyete y’uburobyi y’Abashinwa.

Abunganira Mohamed Ould Abdel Aziz bemeje ko agomba rero kuburanishwa imbere y’urukiko mpanabyaha ashinjwa ibyaha bya ruswa, ariko ko nta tariki yo kubatumiza yatangajwe. Kugeza ubu ntibaragaragaza niba bashaka kujuririra iki cyemezo.

Mu bagomba kuzaburanishirizwa hamwe n’uwahoze ari perezida kubera ruswa no kwikungahaza mu buryo butemewe n’amategeko, harimo umwe mu bakwe be, babiri bahoze ari ba Minisitiri b’intebe, n’abacuruzi. Mohamed Ould Abdel Aziz ariko yahoze atekereza ko arinzwe n’ubudahangarwa ahabwa n’Itegeko Nshinga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *