RDC: Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe imbere y’urukiko mu gihe yari azi ko byarangiye

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe byizerwaga ko byarangiye nyuma y’umwanzuro n ° RP 0001 wo ku ya 15 Ugushyingo 2021 w’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, rwatanze inzira ya mbere n’iya nyuma, ku byerekeye “ikibazo cy’umushinga w’ubuhinzi ngandurabukungu wa Bukanga- Lonzo”, uwahoze ari Minisitiri w’intebe akaba na Senateri, Augustin Matata Ponyo, azitaba ku ya 13 Kamena.

Imbere y’urukiko rw’iremezo Matata azaba areganwa n’uwahoze ari Minisitiri mu biro bya minisitiri w’intebe ushinzwe imari, Patrice Kitebi, ndetse n’umuyobozi w’ikigo cya AFRICOM, Umunyafurika y’Epfo, Globler Christo, nk’uko bigaragara mu nyandiko yabonwe na POLITICO.CD kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Kamena 2022.

Raporo y’ubugenzuzi bukuru bw’imari (IGF), ivuga ko inkomoko y’uru rubanza ari miliyoni zirenga 205 z’amadolari muri 285 zatanzwe n’ikigega cya Leta zaba zaranyerejwe mu rwego rwo gucunga uyu mushinga.

Ku ya 15 Ugushyingo 2021, Urukiko Rushinzwe Kurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga rwatangaje ko rudafite ubushobozi bwo gucira urubanza Matata. Iki cyemezo cyashimishije ishyaka rya Matata, kugeza ubu, rishimangira ko muri Congo hari icyuho mu bijyanye n’amategeko ku bijyanye n’ikurikiranwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’intebe bivugwa ko yakoze ibyaha mu gihe yari ku mirimo ye.

Nk’uko umwunganizi we, Me Raphaël Nyabirungu abitangaza, ngo iki gikorwa ntikizagerwaho. Kubera ko, yibuka ko uku kugerageza kwaba kurenze ku mwanzuro wafashwe udashobora kujuririrwa.

Kuva dosiye ya Bukanga Lonzo yatangira, abegereye Matata Ponyo bakunze kwamagana icyo bita impamvu za politiki, zigamije kwangiza intumbero ze za politiki. “Umugabo wa karuvati itukura”, nk’uko bamuhimbye, yamaze gutangaza ku mugaragaro ko azaba umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika ataha ahagarariye ishyaka rya politiki aheruka gushinga, Leadership et Gouvernance pour le Développement (LGD).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *