Manchester United irashaka umukinnyi wo hagati wa Brentford

Sangiza iyi nkuru

Umutoza mushya w’ikipe ya Manchester United Erik Ten Hag arashaka gusinyisha umukinnyi wo hagati, Christian Eriksen ukinira Brentford byakwanga igasinyisha Frank de Jong ukinira ikipe ya FC Barcelona.

Eriksen ufite amasezerano muri Brentford azarangirana n’impera z’uku kwezi kwa Kamena, arashakwa na Ten Hag nyuma y’aho ikipe ya Manchester United itangarije ko izatandukana n’Umufaransa wayikiniraga, Paul Pogba usanzwe ari umukinnyi wo hagati.

Mu gihe ikipe ya Manchester United yananirwa gusinyisha uyu mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Danemark, ngo yiteguye kugura umukinnyi wa FC Barcelona na we ukina hagati, Frank de Jong, dore ko iyi kipe yanamaze gutangaza ko izamugurisha nibura ku giciro cya miliyoni 70 z’amayero.

Ntabwo ari Manchester United ishaka Eriksen gusa, kuko na Everton ndetse n’umutoza wamutozaga muri Tottehnam bagaragaje ko bamwifuza.

Nibura kuva yagera muri Brentford muri Mutarama 2022, mu mimkino 11 yabashije gukina yatsinze igitego kimwe, anatanga imipira 4 yavuyemo ibitego.

Yaje muri Brentford nyuma y’igihe yaramaze ahagaritse gukina kubera ikibazo cy’umutima yagize ubwo yakiniraga ikipe y’igihugu ya Danemark mu mikino ya EURO 2020.

Christian Eriksen yakiniye andi makipe arimo Tottenham Hotspur mu Bwongereza na Inter Milan mu Butaliyani, yombi ari muri shampiyona z’icyiciro cya mbere. Afite imyaka 30 y’amavuko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *