Abasenateri basanga Abanyarwanda bakwiye inguzanyo zisaba inyungu nto na serivisi nziza z’imari

Sangiza iyi nkuru

Abasenateri basabye ko hajyaho ingamba zo kugira ngo Abanyarwanda babone serivisi z’imari zihendutse nk’inguzanyo zishingiye ku nyungu nto zibafasha gushora imari mu bikorwa bibyara inyungu no kuzamura ubukungu.

Babisabye ku wa Kabiri, itariki ya 7 Kamena 2022 mu nama nyunguranabitekerezo ku bijyanye no gutanga serivisi z’imari yabereye mu nteko.

Senateri Juvenal Nkusi, Perezida wa Komite ishinzwe Iterambere ry’Ubukungu n’Imari yavuze ko kuri ubu, inyungu z’amabanki n’ibindi bigo by’imari ziri hejuru bikabije.

Kugeza ubu, impuzandengo y’inyungu y’inguzanyo yatanzwe na banki z’ubucuruzi mu gihugu ni 16 ku ijana.

Icyakora, Nkusi yerekanye ko hari amafaranga y’inyongera azamura inyungu kugeza kuri 20%, asaba inguzanyo zihendutse n’inzira zoroshye zo kuyigeraho.

Ikirushijeho kuba kibi, yavuze ko Amakoperative yo kuzigama no kugurizanya, Umurenge SACCO, yegereye abaturage, (kuri ubu akaba ari mu mirenge yose uko ari 416 y’igihugu), yishyuza inyungu nyinshi ku nguzanyo.

Nkusi yagize ati: “Icyo kibazo gikwiye gukemurwa.

Guverineri wa Banki Nkuru, John Rwangombwa yabwiye abasenateri ko SACCO zose zishyuza hejuru ya 24% ku nguzanyo zabo, nyamara bakabara miliyari 177 z’amafaranga y’u Rwanda cyangwa 39 ku ijana by’umutungo wose w’imari.

Nk’uko Rwangombwa abitangaza ngo Abanyarwanda bagera kuri miliyoni 3.5 babitsa muri SACCO.

Ati: “Ibi bivuze ko SACCOs ari igice cy’imari kigira ingaruka ku mibereho y’Abanyarwanda n’iterambere ryabo”, akomeza avuga ko abanyamuryango bazo bagomba kugira ijambo mu gushyiraho inyungu zibafitiye akamaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *