JIBU irasaba abaturarwanda kwitondera ababagurisha amazi atujuje ubuziranenge bayiyitirira

img-20220609-wa0041.jpg

Ikigo gitunganya amazi yo kunywa mu Rwanda kikanayacuruza, JIBU Rwanda, kiraburira abakiriya bacyo ko hadutse abatubuzi bafata amwe mu macupa yabo bakiyitirira bakaba batanga amazi atujuje ubuziranenge. Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hari abatunga agatoki amazi bakekaga ko akorwa na JIBU, bavuga ko yabaye mabi kuko babonamo umucanga, abandi bakavuga ko abatera ibicurane. Abanyamakuru babajije […]

Rwamagana: Abayobozi basabye abaturage kubafasha kwesa imihigo

img-20220609-wa0029.jpg

Ku wa 8 Kamena 2022, abagize inama njyanama mu karere ka Rwamagana bafatanyije n’inzego zishinzwe umutekano bashoje ibikorwa byo kureba aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa. Mu butumwa bwagejejwe ku baturage, basabwe gufasha ubuyobozi kwesa iyo mihigo. Nyuma yo gusura ibikorwa biri mu mihigo baganiriye n’abaturage mu nteko rusange babakemura ibibazo. Musabyeyezu Dative, umujyanama mu […]

Hamenyekanye umutoza uhabwa amahirwe yo gusimbura Mauricio Pochettino muri PSG

Umutoza wa Sporting Lisbon, Ruben Amorim, arahabwa amahirwe menshi yo gusimbura Mauricio Pochettino usanzwe ari umutoza w’ikipe ya PSG ushobora kwirukanwa muri iyi mpeshyi azira umusaruro udahagije. Pochettino w’imyaka 50, byitezwe ko agomba gusezeerwa muri iyi kipe muri iyi mpeshyi, nyuma yo gusezererwa mu mikino ya UEFA Champions League. Ni mu gihe PSG isanzwe izwiho […]

Abongereza bafashwe barwanira Ukraine bakatiwe urwo gupfa

Urukiko rwo muri Leta iharanira ubwigenge ya Donetsk ishyigikiwe n’u Burusiya, rwakatiye Abongereza babiri bafashwe ubwo barwaniraga ingabo za Ukraine mu ntambara imaze amezi atatu. Aba Bongereza ni Aiden Aslin w’imyaka 28 y’amavuko ukomoka mu mujyi wa Nottinghamshire na Shaun Pinner w’imyaka 48 ukomoka muri Bedfordshire. Aba barwanyi bagiye muri Ukraine nk’abakorerabushake bafite ubunararibonye mu […]

Ruhango: Umusore yasanzwe asambanya inka avuga ko ‘urukundo ari impumyi’

Umusore wo mu Kagari ka Kabuhanda mu Murenge wa Bweramana, Akarere ka Ruhango, yaguwe gitumo ari gusambanya inka yaragiraga, abajijwe impamvu yabyo avuga ko ari urukundo cyane ko ari impumyi. Abaturage bo muri aka gace babwiye BTN TV dukesha iyi nkuru, ko batunguwe n’uburyo uyu mushumba yafatiwe mu cyuho n’umukoresha we ari gusambanya inka ye. […]

Urubanza rwa Twagirayezu: Urukiko rwatumije inyandiko muri Denmark

Urukiko rukuru rwa Nyanza rwatumije ikimenyetso gishya Twagirayezu Wenceslas ushinjwa kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yavuze ko kiri mu gihugu cyamwoherereje ubutabera bw’u Rwanda, Denmark. Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa 8 Kamena 2022 nk’uko BBC Gahuza ibisobanura, Twagirayezu n’umwunganizi we Me Bikotwa Bruce bamenyesheje umucamanza ko hari inyandiko z’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya […]

British MP wants Rwandans suspected of genocide crimes extradited or tried

A member of the British House of Commons has reiterated the call to his government to arrest and extradite or try five men who continue to live in their country despite indictments issued against them 16 years ago. The indicted genocide suspects who have found safe haven in the United Kingdom are Vincent Bajinya, CĂ©lestin […]

Des organisations caritatives britanniques demandent une injonction pour mettre fin aux expulsions de migrants vers le Rwanda

Des groupes de dĂ©fense des droits de l’homme ont soumis des documents Ă  la Haute Cour de Londres pour obtenir une injonction afin d’arrĂȘter l’expulsion prĂ©vue la semaine prochaine de demandeurs d’asile du Royaume-Uni vers le Rwanda, un plan qui a suscitĂ© de nombreuses critiques. Le gouvernement britannique a annoncĂ© en avril qu’il avait conclu […]

Video: Abarwanyi benshi ba FDLR bagaragaye i Rumangabo bacinya akadiho

fdlr.jpg

Abarwanyi benshi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda bagaragaye bacinya akadiho mu gace ka Rumangabo, teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Urubuga Goma 24 rwashyize hanze videwo (video) y’amasegonda 34 y’aba barwanyi rwemeza ko yafashwe kuri uyu wa 8 Kamena 2022, bambaye impuzankano z’igisirikare […]

Kagere mu banyamahanga 7 bashobora gusezererwa na Simba

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, ari ku rutonde rw’abakinnyi barindwi b’abanyamahanga bivugwa ko Simba Sports Club akinira iteganya gusezerera. Kagere utakibona umwanya uhoraho muri iyi kipe, yari yongereye amasezerano y’umwaka umwe mu mwaka ushize. Ni nyuma y’uko yari amaze muri iyi kipe imyaka itatu kuva ayigezemo avuye muri Gor Mahia yo muri Kenya. Mu […]

U Burusiya ntiburumvikana na Ukraine ku irekurwa ry’ibinyampeke byaheze ku byambu

Leta y’u Burusiya yatangaje ko itaragera ku bwumvikane na Ukraine ku irekurwa rya kontineri nyinshi z’ibinyampeke byaheze ku byambu byo ku Nyanja y’Umukara bitewe n’intambara ibihugu byombi bimaze amezi atatu bihanganiyemo. Iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare 2022 yahungabanyije mu buryo bukomeye isoko mpuzamahanga, ituma ibiciro by’ibinyampeke bituruka cyane mu bihugu byombi bihenda cyane. Byatumye guverinoma […]

Hari ikindi gihugu cyo muri Afurika cyaba cyifuza kwakira abasaba ubuhungiro mu Bwongereza

Zambia ishobora kuba igihugu kizakurikiraho kuzajya cyakira abasaba ubuhunzi mu Bwongereza nyuma yo “kwerekana ko ishishikajwe” na gahunda bwagiranye na Guverinoma y’u Rwanda. Iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika amakuru ava muri guverinoma n’urwego rushinzwe kurinda imipaka avuga ko “cyaba gishishikajwe” n’iyo gahunda yo kwakira abimukira birukanwa mu Bwongereza. Icyakora, ngo gitegereje kureba uburyo […]

Nyuma ya M23, kuri ubu FARDC irafata imitwe ya Mai-Mai nk’imitwe y’iterabwoba

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ko kiyemeje gufata imitwe yose ya Mai-Mai ikorera i Beni na Lubero nk’imitwe y’iterabwoba. Ibi cyabitangaje kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 8 Kamena 2022, nyuma y’ibitero byinshi by’iyi mitwe yitwaje intwaro byibasiye abasivili ndetse n’ibirindiro by’ingabo. Ni nyuma y’aho umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye […]

London: Urukiko rwasabwe kwitambika indege izohereza abimukira ba mbere mu Rwanda

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yashyikirije impapuro Urukiko Rukuru muri Londres zisaba icyemezo cyo guhagarika igikorwa cyo kohereza mu Rwanda mu cyumweru gitaha abasaba ubuhunzi mu Bwongereza muri gahunda itaravuzweho rumwe. Muri Mata, Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko yasinyanye amasezerano yo kohereza ibihumbi by’abasaba ubuhungiro mu Rwanda hagamijwe guca intege abinjiza abantu mu gihugu mu […]

Sangwa Jean Claude asobanura uko yisanze arwanira u Burusiya muri Ukraine

sangwa1.jpg

Umunyeshuri Sangwa Jean Claude Sefu ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), asobanura uko yisanze yifatanya n’ingabo z’u Burusiya mu rugamba zatangije muri Ukraine mu mezi atatu ashize. Nk’uko The Guardian yasemuye amagambo ya Sangwa ari muri videwo yatambutse ku rubuga War Gonzo rw’Abarusiya ku wa 31 Gicurasi 2022, uyu munyeshuri w’imyaka 27 y’amavuko […]

Inka yatawe muri yombi izira kwica umwana w’imyaka 12

Polisi ya Sudani y’Epfo yataye muri yombi inka na nyirayo, nyuma y’uko iri tungo rishinjwe kwica umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko. Umuvugizi wa Polisi, Major Elijah Mabor, yabwiye itangazamakuru ko iyi nka y’ikimasa yakoze iri bara mu cyumweru gishize. Byabereye muri Lakes State, agace gaherereye mu Burasirazuba bwa Sudani y’Epfo. Ati: “Iyi mfizi yatawe muri […]

Abasenateri basanga Abanyarwanda bakwiye inguzanyo zisaba inyungu nto na serivisi nziza z’imari

Abasenateri basabye ko hajyaho ingamba zo kugira ngo Abanyarwanda babone serivisi z’imari zihendutse nk’inguzanyo zishingiye ku nyungu nto zibafasha gushora imari mu bikorwa bibyara inyungu no kuzamura ubukungu. Babisabye ku wa Kabiri, itariki ya 7 Kamena 2022 mu nama nyunguranabitekerezo ku bijyanye no gutanga serivisi z’imari yabereye mu nteko. Senateri Juvenal Nkusi, Perezida wa Komite […]

Amahirwe ya Manchester City yo kwegukana umukinnyi ngenderwaho wa Arsenal yiyongereye

Ikipe ya Manchester City ikomeje gushakisha umukinnyi wa Arsenal akaba n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, Bukayo Saka, nyuma y’aho iyi kipe y’i Londres inaniwe kubona itike yo gukina imikino ya UEFA Champions League. Manchestrer City inaheruka gutwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza imaze gutera intambwe yo kwegukana Saka usigaje imyaka 2 ngo arangize amasezerano ye […]

Algeria yahagaritse umubano yari imaze imyaka 20 ifitanye na Espagne

Algeria yahagaritse amasezerano y’ubufatanye yari imaze imyaka 20 ifitanye na Espagne nyuma y’uko Madrid yisubiye ku kutagira aho ibogamira mu makimbirane yo muri Sahara y’Iburengerazuba. Mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, Perezidansi yagize iti: “Algeria yahisemo guhita ihagarika amasezerano y’ubucuti, imituranire myiza n’ubufatanye” yasinyanye na Madrid mu 2002. Muri Werurwe, kugira ngo […]

Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi yasanishije ikibazo cyo muri RDC n’icya Ukraine

Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Alexander De Croo, yasanishije ikibazo cy’umutekano muke kiri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’icyo muri Ukraine iri mu ntambara. Uyu muyobozi uri mu ruzinduko muri RDC hamwe n’Umwami Philippe w’u Bubiligi n’umwamikazi we Mathilde guhera ku wa 7 Kamena 2022, yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ari kumwe […]

Umudepite yabwiye Ubwongereza ko u Rwanda ruzabubaza ikibazo gikomeye muri CHOGM

Umudepite mu nteko y’Ubwongereza, Andrew Mitchell, yasabye Ubwongereza kuburanisha cyangwa bukohereza mu Rwanda abagabo batanu bakekwaho kugira uruhare muri jenoside, bitaba ibyo iki kibazo kizaza ku meza ya CHOGM. Abo Mitchell avuga ni: Vincent Bajinya, CĂ©lestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel Nteziryayo na CĂ©lestin Mutabaruka. Yagize ati ” Iki ni ikibazo gishobora kuzagarukwaho muri CHOGM izabera […]

François Hollande yashakanye n’umukinnyi wa filimi bigeze gukundana mu ibanga

telemmglpict000298982105_trans_nvbqzqnjv4bqtgaz9rtlyovawaniz-zrd8w4azmxxaywfwa9wh2ciem.jpg

Nyuma y’urukundo rw’ibanga rwabaye inkuru ku Isi yose igihe rwamenyekanaga mu 2014, uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Francois Hollande, yashakanye n’umukinnyi wa filime Julie Gayet. Ku wa Gatandatu, abashakanye basezeranye mu muhango wihariye, utaritabiriwe n’abantu benshi mu Mujyi wa Tulle, muri Komini ya CorrĂšze . Aya makuru yatangarijwe ikinyamakuru La Montagne n’umuyobozi w’akarere ka Tulle, […]

M23 yahishuye uko yagombaga kuba ‘special force’ muri FARDC

Umutwe witwaje intwaro wa M23, wahishuye ko wari warasezeranyijwe kuzaba uw’ingabo kabuhariwe (special force unit) mu za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zizwi nka FARDC. Byasobanuwe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Maj. Willy Ngoma mu itangazo yasohoye asubiza Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula washimangiye tariki ya 6 Kamena 2022 mu kiganiro n’abanyamakuru ko nta mishyikirano na wo […]

Nyabihu: Inteko y’abaturage iharanira amahoro yasabwe umusanzu mu gukemura ibibazo by’abaturage

Bamwe mu basoje ibiganiro bya Mvura Nkuvure mu mirenge ya Bigogwe na Mukamira mu karere ka Nyabihu, bagaragaje ibyo bagezeho nyuma yo guhura nk’abagize itsinda ry’abatarebera ikibi (Inteko y’Abaturage iharanira amahoro) bagaragaza ibibazo bikwiye gukorerwa ubuvugizi ku rwego rw’akarere. Ibibazo byinshi byagaragajwe n’iyi nteko ni ibifitanye isano n’abafunguwe barakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; ukwishishanya […]

MINICOM yahawe amezi abarirwa ku ntoki ku bibazo by’abamotari

Inteko rusange y’umutwe w’abadepite yasabye Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda gukemura ibibazo bikigaragara mu matsinda y’abamotari, mu gihe kitarenze amezi atatu. Ni nyuma yuko komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu mutwe w’abadepite iyigejejeho raporo ku isesengura yakoze ku bibazo byayo matsinda y’abamotari. Ibi byatume bamwe mu bamotari bo mu Mujyi wa Kigali bashima ko inzego zibishinzwe zigenda zikemura bimwe […]

FARDC iravuga ko abasirikare badasanzwe 500 ba RDF ari bo boherejwe muri Congo gufasha M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko abasirikare badasanzwe babarirwa muri 500 ari bo u Rwanda rwohereje ku butaka bwa kiriya gihugu guha umusada inyeshyamba za M23. FARDC yemeje aya makuru binyuze mu itangazo ryasohowe na GĂ©nĂ©ral de Brigade Sylivain Bomusa Ekenge, Umuvugizi wungirije wayo akanaba Umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu […]