Hamenyekanye umutoza uhabwa amahirwe yo gusimbura Mauricio Pochettino muri PSG

Sangiza iyi nkuru

Umutoza wa Sporting Lisbon, Ruben Amorim, arahabwa amahirwe menshi yo gusimbura Mauricio Pochettino usanzwe ari umutoza w’ikipe ya PSG ushobora kwirukanwa muri iyi mpeshyi azira umusaruro udahagije.

Pochettino w’imyaka 50, byitezwe ko agomba gusezeerwa muri iyi kipe muri iyi mpeshyi, nyuma yo gusezererwa mu mikino ya UEFA Champions League.

Ni mu gihe PSG isanzwe izwiho kugira abakinnyi bakomeye kandi bahenze itarenze umutaru, dore ko uyu mwaka yaviriyemo muri ? cy’irangiza isezerewe na Real Madrid yo muri Espagne.

Umutoza Antanio Conte wa Tottenham, Zinedine Zidane wahoze atoza Real Madrid ndetse n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa, Didier Deschamps, nabo bari ku rutonde rw’ushobora kuvamo uzatoza iyi kipe.

Amorim cyakora cyo ni we uhabwa amahirwe menshi yo kubona kano kazi, nkukoLe Parisien dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Amorim ukomoka muri Portugal, yafashije Sporting Lisbon kwegukana igikombe cya shampiyona yo muri kino gihugu mu mwaka wa 2021 nyuma y’imyaka 19.

Uyu mwaka Sporting yararangije ku mwanya wa 2 inyuma ya FC Porto yatwaye igikombe iyi rusha amanota 6.

Ikipe ya PSG kubasha kumwegukana bisa n’ibitazayorohera kuko nyirubwite we yatangaje ko atenda kuva muri iyi kipe, bikanavugwa ko nibura ahembwa miliyoni 5 z’amayero ku mwaka, mu gihe miliyoni 25 z’amayero zikaba arizo zikubiye mu masezerano ye mu kipi ya Sporting ku ikipe yashaka kumutwara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *