Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, ari ku rutonde rw’abakinnyi barindwi b’abanyamahanga bivugwa ko Simba Sports Club akinira iteganya gusezerera.
Kagere utakibona umwanya uhoraho muri iyi kipe, yari yongereye amasezerano y’umwaka umwe mu mwaka ushize.
Ni nyuma y’uko yari amaze muri iyi kipe imyaka itatu kuva ayigezemo avuye muri Gor Mahia yo muri Kenya.
Mu gihe uyu rutahizamu w’Amavubi ari gusatira impera y’amasezerano ye, muri Tanzania baravuga ko ari mu bashobora gusohoka muri Simba bijyanye no kuba atishimiye uko afashwe, ikindi iyi kipe na yo ikaba yifuza gukora amavugurura nyuma yo kutitwara neza muri uyu mwaka w’imikino.
Ni ibitangazwa n’ikinyamakuru Mwanaspoti kiri mu bikomeye byandika ku mikino muri Tanzania.
Inkuru y’iki kinyamakuru ivuga ko Simba iteganya kugura abakinnyi 13 bashya b’abanyamahanga barimo ba rutahizamu batatu, ba myugariro batatu n’abakina hagati mu kibuga barindwi.
Iyi kipe mu bakinnyi isanganywe ngo irateganya kugumana umunyezamu Aishi Manula ndetse n’umwungiriza we Benard Kakolanya cyo kimwe n’abandi bakinnyi batanu, ibishyira Kagere mu bahabwa amahirwe menshi yo kugenda.
Abandi banyamahanga bashobora gusezererwa barimo myugariro w’umunya-Kenya Joash Onyango, umunya-Côte d’Ivoire Sergio Wawa Pascal, Umugande Taddeo Lwanga, Umukongomani Chrispain Mugalu, umunya-Ghana Benard Morrison n’umunya-Zambi Rali Bwalya.


