Algeria yahagaritse umubano yari imaze imyaka 20 ifitanye na Espagne

Sangiza iyi nkuru

Algeria yahagaritse amasezerano y’ubufatanye yari imaze imyaka 20 ifitanye na Espagne nyuma y’uko Madrid yisubiye ku kutagira aho ibogamira mu makimbirane yo muri Sahara y’Iburengerazuba.

Mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, Perezidansi yagize iti: “Algeria yahisemo guhita ihagarika amasezerano y’ubucuti, imituranire myiza n’ubufatanye” yasinyanye na Madrid mu 2002.

Muri Werurwe, kugira ngo ikibazo cya dipolomasi kirangire, Espagne yari yemeye ku mugaragaro gahunda y’ubwigenge bwa Sahara y’Iburengerazuba yashyizwe imbere na Maroc, igenzura 80% by’ubutaka butavugwaho rumwe.

Ibice bisigaye bifitwe n’umutwe wa Polisario ushyigikiwe na Algeria, warwanye intambara y’imyaka 15 na Maroc nyuma y’uko ingabo za Espagne zihavuye mu 1975 zigasaba referendumu ku bwigenge.

Maroc yatanze ubwigenge bucagase ariko ishimangira ko ubutaka bukungahaye kuri phosphate n’uburobyi bigomba kuguma mu busugire bwayo nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Ku wa Gatatu, Algeria yavuze ko Espagne kwemera iyo gahunda “yarenze ku nshingano zayo zemewe n’amategeko, imyitwarire ndetse na politiki” kuri Sahara y’Iburengerazuba.

Mu gusubiza, yahagaritse amasezerano yari agamije guteza imbere ibiganiro n’ubufatanye na Espagne ku bibazo bya politiki, ubukungu, imari, uburezi ndetse n’ingabo.

Iki cyemezo kigaragaza ikibazo gikomeye cya Espagne cyo kuringaniza umubano wayo na Maroc ndetse na Algeria, yahagaritse, muri Kanama umwaka ushize, umubano w’ububanyi n’amahanga na Rabat kubera “ibikorwa bibi”.

Impaka za diplomasi

Muri Werurwe, Espagne yashyigikiye ku mugaragaro aho Maroc ihagaze kuri Sahara y’Iburengerazuba mu rwego rwo gufasha gukemura amakimbirane yari amaze umwaka nyuma yo kwemerera umuyobozi wa Polisario, Ibrahim Ait Ghali, kuvurirwa Covid-19 muri Espagne.

Nyuma y’ibyumweru Ghali ajyanywe mu bitaro, abimukira barenga 10,000 bageze muri Espagne ahitwa Ceuta, ku nkombe y’amajyaruguru ya Maroc, kandi ingabo zishinzwe kurinda umupaka za Maroc zirebera, iki gikorwa kikaba ari nko gushyira igitutu kuri Madrid.

Muri Mata, Minisitiri w’intebe wa Espagne, Pedro Sanchez, yagiye muri Maroc mu ruzinduko rw’akazi kugira ngo yongere umubano, nyuma y’uko guverinoma ye ishyigikiye gahunda y’ubwigenge bwa Sahara y’Iburengerazuba.

Ku wa gatatu, Algiers yavuze ko Madrid, mu kubikora, “yashyigikiye byimazeyo Maroc mu kwigarurira Sahara y’Iburengerazuba.

Ku rundi ruhande ariko kwemeza aho Espagne ihagaze biragora kubera ko igice kimwe yishingikiriza kuri Algeria kugirango ibone gaz y’umwimerere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *