Masisi: Igitero mu nkambi y’abavanwe mu byabo cyahitanye abantu 9

Sangiza iyi nkuru

Muri rusange, abantu 9 baguye mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 9 Kamena 2022, mu nkambi y’abavanywe mu byabo i Rujagati mu gace ka Mweso muri Gurupoma ya Bashali-Mokoto, muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Mu kiganiro yagiranye kuri uyu wa Gatanu na Actu30.cd, Telesphore Mithondeke, umuvugizi wa sosiyete sivile yo muri Masisi, yerekanye ko abishwe ari abagabo 6 n’abagore 3. Yavuze kandi ko abagabye igitero bakomerekeje umuntu umwe.

Yagize ati “Abajura bitwaje intwaro bagabye igitero mu nkambi y’abavanwe mu byabo ya Rujagati. Uku gucengera kwahitanye ubuzima bw’abantu 9, barimo abagabo 6 n’abagore 3. Muri aba bahohotewe harimo umugore utwite. Umuntu umwe yakomerekejwe n’ayo mabandi yitwaje intwaro, ”

Théophile Bahati, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Gurupoma ya Bashali-Mokoto, yemeje aya makuru. Yavuze ariko ko abapfuye ari 7.

Hagati aho, sosiyete sivile muri Masisi iramagana iki gitero kandi irahamagarira inzego zose z’umutekano gushimangira gahunda z’umutekano muri Masisi, no kurinda abaturage n’imitungo yabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *