Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, zibyutse zirwana n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gace ka Bunagana gaherereye muri teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ku mupaka w’iki gihugu na Uganda.
Imboni ya Bwiza.com iri muri aka gace yaduhamirije ko abarwanyi ba M23 baturutse impande zitandukanye z’umujyi wa Bunagana urinzwe na FARDC, bakaba bashobora kuwufata.
Iti: “Bunagana hagati riregeretse. Ubu turi tuvugana umuriro uri kwaka. Natwe turi kubyumva ariko ni nko hafi y’umujyi. Ikompora riri gushekera. M23 yaturutse impande zose.”
Bertrand Bisimwa uhagarariye M23 mu rwego rwa politiki yatangaje ko FARDC ari yo yagabye igitero ku birindiro byabo i Bunagana.
Bisimwa yagize ati: “FARDC na FDLR ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo bagabye igitero ku birindiro bya M23 i Bunagana. Guverinoma ya Congo ikwiye guhagarika iyi ntambara, tugasubira mu biganiro nk’uko byasabye n’abakuru b’ibihugu 4 bya EAC, bashyigikiwe n’Umuryango w’Abibumbye n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe.”
Bwiza.com yamenye ko abarwanyi ba FDLR bagiye gufasha FARDC baturutse mu kibaya cya Busanza, kugira ngo Bunagana itajya mu maboko ya M23.
Ntacyo FARDC iratangaza kuri ibi bitero, gusa bamwe mu Banyekongo bakomeje gutangariza ku mbuga nkoranyambaga ko M23 ari yo yatangije iyi mirwano.
Umuryango Red Cross watangaje ko iyi mirwano yatumye abaturage benshi b’i Bunagana bahungira mu karere ka Kisoro muri Uganda.
Ubutumwa yashyize kuri Twitter buherekeje amafoto yerekana agaragaza aba Banyekongo bahunga, bugira buti: “Uko bimeze ku mupaka wa Bunagana muri iki gitondo mu gihe impunzi nyinshi ziva muri RDC zinjira muri Uganda.”
Iyi mirwano ibayeho nyuma y’aho Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma atangarije ko bashaka gufata Bunagana mu rwego rwo kwirinda ibitero FARDC ikomeje kubagabaho.



