Nigeria yanyagiye São Tomé ibitego 10-0, iyandikiraho amateka

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Nigeria ‘The Super Eagles’ yanyagiye iya São Tomé & Principe ibitego 10-0; biba ibitego byinshi intsinze mu mateka yayo mu mukino umwe.

Amakipe yombi kuri uyu wa Mbere yari yahuriye mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire.

Rutahizamu Victor Osimhen ukinira Napoli yo mu Butaliyani yatsinze ibitego bine muri uyu mukino, birimo bitatu yatsinze mu gice cya kabiri cy’umukino.

Terem Moffi ukinira Lorient yo mu Bufaransa we yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino, mu gihe Simon Moses, Oghenekaro Etebo, Ademola Lookman na Emmanuel Dennis buri umwe yatsinze igitego kimwe.

Nigeria yahise ica agahigo yari yarashyizeho tariki ya 28 Ugushyingo mu 1959 ubwo yanyagiraga Bénin ibitego 10-1.

Gutsinda Sao Tomé byatumye iyi kipe iyobora itsinda A iherereyemo nyuma yo gutsinda imikino ibiri yose imaze gukina.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *