FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe na M23, abasirikare bayo benshi bakwira imishwaro

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, cyemeje ko kuva ejo ku wa Mbere inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 ari zo ziri kugenzura Umujyi wa Bunagana nyuma yo kuwigarurira.

M23 na yo yemeje ko iri kugenzura uyu mujyi binyuze muri Major Willy Ngoma uyivugira, gusa ivuga ko igishyize imbere gahunda yo kugirana ibiganiro n’ubutegetsi bwa Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi.

Umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa Gisirikare, Gen de Brigade Sylvain Ekenge, yavuze ko M23 yafashe uriya mujyi uri ku mupaka wa Congo Kinshasa na Uganda ‘ibifashijwemo n’Ingabo z’u Rwanda’.

Ni nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati ya FARDC na M23 ishinja kugaba ibitero bitandukanye ku birindiro byayo birimo ibya Bigega ya mbere n’iya kabiri, ibya Bugusa ndetse n’ibiri ahitwa Premedis.

Ekenge yavuze ko iyi mirwano ‘umwanzi’ yayitakarijemo byinshi atigeze atangaza.

Yavuze ko Bunagana yafashwe nyuma y’uko abo yise abasirikare b’u Rwanda bavogereye imbibi za Congo Kinshasa bakambuka ku butaka bwayo.

Amakuru avuga ko mu gihe Ingabo za FARDC zari zisumbirijwe na M23, zimwe muri zo zakwiye imishwaro zigahungira muri Uganda.

Televiziyo ya NTV yaraye itangaje ko kuri ubu i Kisoro hari abasirikare barenga 160 ba Congo Kinshasa bahahungiye, bakaba barahise bamburwa intwaro bari bafite n’Igisirikare cya Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *