Perezida Macron yanze ubwegure bwa minisitiri w’intebe aherutse gushyiraho

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, perezidansi yavuze ko Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Elisabeth Borne, yatanze ubwegure bwe kuri Perezida Emmanuel Macron nyuma y’uko ishyaka riri ku butegetsi ritakaje ubwiganze mu nteko ishinga amategeko, ariko umukuru w’igihugu yanga kubwakira.

Macron yizera ko guverinoma ikeneye “kuguma ku nshingano no gukora” kandi ko perezida azashaka “ibisubizo byubaka” kugira ngo politiki idahungabana mu biganiro n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri perezidansi wasabye ko izina rye ritatangazwa nk’uko tubikesha France24.

Ibiganiro bya Macron n’abayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi biratangira kuri uyu wa Kabiri hamwe na Christian Jacob, umuyobozi w’ishyaka riharanira inyungu z’aba conservateurs baharanira repubulika (LR) ryagabanyije ingufu mu mezi ashize ariko Macron yitezeho kumuha ubwiganze mu nteko.

Umuyobozi w’ishyaka rya Gisosiyalisiti, Olivier Faure, hamwe n’umuyobozi w’ishyaka rya gikomunisiti, Fabien Roussel, abanyamuryango b’ihuriro NUPES (New Ecological and Social Political Union), nabo bazahura na Macron, nubwo Jean-Luc Mélenchon, uyobora NUPES, atari we uteganijwe kubikora.

Mu guhura gake, Macron azanakira kandi Marine Le Pen, mukeba we mu matora ya perezida aherutse akaba n’umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Rassemblement National.

Elisabeth Borne wigeze kuba minisitiri w’ubwikorezi, uw’umurimo ndetse wanyuze mu yindi myanya y’ubuyobozi, yari yagizwe Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa muri Gicurasi 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *