UPDF yasabwe kuryamira amajanja, mu gihe Museveni n’Umugaba Mukuru batari mu gihugu

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Uganda (UPDF), Lt Gen. Peter Elwelu yazisabye kuryamira amajanja mu gihe Perezida Yoweri Museveni n’Umugaba Mukuru, Gen. Wilson Mbadi, batari mu gihugu.

Ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko Gen. Elwelu yatangiye iyi ‘mpuruza yo ku rwego rwa mbere’ kuri radiyo (icyombo) ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Kamena 2022.

Gikeka ko impamvu impuruza yatanzwe ari uko Umugaba Mukuru amaze iminsi muri Kenya, aho yahuriye n’abandi bakuru b’ibisirikare b’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu myiteguro ya nyuma yo kohereza abasirikare mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ngo ni mu gihe kandi Umugaba w’Ikirenga, Perezida Museveni, guhera kuri uyu wa 23 Kamena atari muri Uganda. Ari mu Rwanda, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma bigize umuryango Commonwealth.

Iki kinyamakuru cyavuganye n’Umuvugizi wa UPDF, Brig. Felix Kulayigye, kimubaza impamvu iyi mpuruza ikomeye cyane mu gisirikare yatanzwe, akigaragariza ko atari ngombwa ko rubanda bayimenya. Ati: “Ushatse kuvuga ko igisirikare kitemerewe kwikorera inshingano? Ibi ntabwo bireba rubanda.”

Akomeje kubazwa impamvu iyi mpuruza yatanzwe, Gen. Kulayigye yasubije ko nta kidasanzwe cyakozwe. Ati: “Birasanzwe mu cyemezo cy’igisirikare mu gihe hari ikigiye kuba cyangwa hari ikigiye gukorwa. Kubera iki mufite ubwoba? Igisirikare kiri gukora akazi kacyo. Nta giteye ubwoba gihari, byose bimeze neza.”

Bivugwa ko mu gihe mu gisirikare habayeho impuruza yo ku rwego nk’uru, nta basirikare cyangwa intwaro biba byemerewe kuva aho biri.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. UPDF yasabwe kuryamira amajanja, mu gihe Museveni n’Umugaba Mukuru batari mu gihugu
    Congo yibicucu gusa, biba igihugu gusa ntajindi , bashinzwe kwiba igihugu.

  2. UPDF yasabwe kuryamira amajanja, mu gihe Museveni n’Umugaba Mukuru batari mu gihugu
    Congo yibicucu gusa, biba igihugu gusa ntajindi , bashinzwe kwiba igihugu.

  3. UPDF yasabwe kuryamira amajanja, mu gihe Museveni n’Umugaba Mukuru batari mu gihugu
    Nta diplomatie bafite, nta structure politique nta gisirikare bagira. I trifu ngo igihugu kinini, abaturage barembye nibibazo,

  4. UPDF yasabwe kuryamira amajanja, mu gihe Museveni n’Umugaba Mukuru batari mu gihugu
    Nta diplomatie bafite, nta structure politique nta gisirikare bagira. I trifu ngo igihugu kinini, abaturage barembye nibibazo,

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *