Umuryango NATO w’ubwirinzi bwa gisirikare uvuga ko kuva mu 2005 ufasha umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) ugizwe n’ibihugu 55.
Mu nkuru wasohoye tariki ya 17 Kamena 2022, wagize uti: “Umubano wa NATO-AU watangiye ubwo AU yasabaga ibikoresho n’ubufasha bw’ubwikorezi bwo mu kirere muri misiyo yayo muri Sudan.”
Uyu mubano warakomeje kandi urakomera, hashingiwe ku bwubahane ndetse n’uburyo bwa magirirane nk’uko NATO ikomeza ibisobanura, kandi ubu ibihugu biyigize bikaba byiteguye kwagura ubufasha biha AU kugira ngo ishobore guhangana n’ibibazo by’umutekano muke.
Muri Gicurasi 2007, AU yongeye gusaba NATO bw’ubwikorezi bwo mu kirere mu gihe yoteganyaga kohereza ingabo mu butumwa bw’amahoro muri Somalia bwitwaga AMISOM, ubu bwahindutse ATMIS, yemera ubu busabe muri Kamena, bushyirwa mu bikorwa muri Kanama 2007.
Mu 2009 nabwo AU yasabye NATO ubufasha ku bwikorezi bwo mu mazi mu gihe cy’ubutumwa bw’amahoro muri Somalia, na bwo ibwemera muri Nzeri 2009. Aya masezerano yamaze kuvugururwa kugeza muri Mutarama 2023.
Uretse ubufasha mu bwikorezi bwo mu kirere no mu mazi, NATO inasanzwe ihugura abasirikare bo AU, yifashishije amashuri yayo arimo iriri mu mujyi wa Oberammergau mu Budage n’irya gisirikare riri i Roma mu Butaliyani.
Iti: “Aya masomo n’imyitozo bitangwa hashingiwe ku busabe bwa AU, binatewe n’umwanya uba uhari mu bigo by’amahugurwa bya NATO. Ku mpuzandengo, abanyeshuri 20 ba NATO bahugurirwa mu bigo bya NATO buri mwaka.”
Guhera mu 2015, NATO yatangiye gahunda yo kwigishiriza abasirikare bo mu bihugu bya AU muri Afurika, yifashishije amatsinda ya METT (Mobile Education and Training Teams) aturuka mu bihugu bigize uyu muryango w’ubwirinzi.
NATO ifite amahugurwa arenga atatu itanga yifashishije METT, kandi buri rimwe ryitabirwa n’abanyeshuri barenga 30. Aheruka yabereye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Cameroon na Tunisia mu 2019, ahagarara bitewe n’icyorezo cya Covid-19, bikaba byarateganyijwe ko azasubukurwa muri uyu mwaka cyangwa mu 2023.
NATO ifite ibiro ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa muri Ethiopia, byafunguwe mu 2015. Bikoreramo ofisiye mukuru, umwungirije n’undi ubafasha, bose bashinzwe guharanira iterambere ry’umubano hagati y’impande zombi.


