Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano

Sangiza iyi nkuru

Perezida Félix Tshisekedi uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zongera kwinjizwa mu nzego z’igihugu zishinzwe umutekano.

Ni bumwe mu butumwa bukubiye mu ijambo rye ryo kuri uyu wa 30 Kamena 2022, ryerekeye ubwigenge Abanyekongo bizihizaga ku nshuro ya 62.

Ingingo y’umutekano muke umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bw’igihugu ni imwe mu zo yibanzeho muri iri jambo, agaragaza ko ashyigikiye inzira y’imishyikirano yasabwe n’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba, EAC, tariki ya 21 Mata 2022.

Perezida Tshisekedi yasobanuye ko imishyikirano yatangiye guhera muri uko kwezi hagati ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro ijyanye na gahunda ya P-DDRCS yerekeye kurambika intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko ibyo kwinjizwa mu nzego z’umutekano ku bahoze mu mitwe yitwaje intwaro bitazashoboka kuko bidakubiye muri iyi gahunda y’imishyikirano.

Yagize ati: “Ndashimangira umwihariko wo kwinjiza mu nzego z’umutekano cyangwa gutanga imbabazi ku byaha bikomeye utazabaho.”

Ubu butumwa burakurira inzira ku murima imitwe irimo M23 ivuga ko yagiranye ibiganiro na Perezida Tshisekedi, bemeranya ko abarwanyi bayo baza umutwe w’abasirikare badasanzwe (special forces) bagombaga kumufasha kurwanya indi mitwe yitwaje intwaro igungabanya umutekano wo mu burasirazuba bw’igihugu.

Inkuru bifitanye isano https://bwiza.com/?M23-yahishuye-uko-yagombaga-kuba-special-force-muri-FARDC

Gusa ibi biganiro by’ibanga impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziherutse kwemeza ko byamaze amezi 14 guhera muri Nzeri 2020, ntacyo Leta ya RDC irayavugaho.

Kutubahirizwa kwayo kwatewe n’icyemezo Leta yafashe cyo guhagarika gahunda yari isanzwe ifite yo kwinjiza mu gisirikare abarwanyi bemeraga kurambika intwaro, ndetse ni na cyo cyabaye imbarutso y’imirwano hagati y’ingabo na M23 yubuye guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
    COGO IMPAMVU IDANSINDA NUKO ITAZI UWO BAHANGANYE?

  2. Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
    COGO IMPAMVU IDANSINDA NUKO ITAZI UWO BAHANGANYE?

  3. Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
    Yego rata ark mwisho na mwisho watawatambuwa kama mabeshi makali M23 hongela kwenu

  4. Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
    Yego rata ark mwisho na mwisho watawatambuwa kama mabeshi makali M23 hongela kwenu

  5. Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
    Nuko president wa congo niyemere ibyo adashoboye gutanga nashikame rero abana babahunga bamuhate umuro cg yemere amishyikirano kumugaragaro cg aze murwanda tumwotse yumve ko urwanda rwashize ubwoba

  6. Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
    Nuko president wa congo niyemere ibyo adashoboye gutanga nashikame rero abana babahunga bamuhate umuro cg yemere amishyikirano kumugaragaro cg aze murwanda tumwotse yumve ko urwanda rwashize ubwoba

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *