Prof. George Luchiri Wajackoyah ni umwe mu bakandida biyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ya Kenya, mu gihe hategerejwe amatora muri Kanama 2022.
Uyu mugabo w’ubwanwa bwinshi bw’imvi akomeje gutangaza benshi mu bakurikirana ibikorwa bye, bitewe n’imigambi idasanzwe avuga ko afitiye Abanyakenya.
Nk’uko aherutse kubitangariza Abanyakenya, Prof. Wajackoyah afite imigambi irenga umunani yose ifite umwihariko, kuko nta wundi mukandida muri Kenya bayihuriraho.

Imigambi ya Prof. Wajackoyah
Uyu mukandida natsinda, arateganya kwemeza mu mategeko ihingwa n’icuruzwa ry’urumogi, ubworozi n’icuruzwa ry’inzoka ndetse n’icuruzwa ry’inyama z’imbwa.
Prof. Wajackoyah asobanura ko urumogi, inzoga n’inyama z’imbwa byazafasha Kenya kwigobotora imyenda myinshi ifitiye amahanga. Abona nta bundi buryo byashobokamo.
Mu gihe yaba Perezida, uyu mukandida arateganya ko abarya ruswa bajya bamanikirwa mu ruhame. Abona iri tegeko ryatuma umuco wo kurya ruswa ucika mu Banyakenya.
Arateganya gufunga inzira ya gari ya moshi ya SGR (Standard Gauge Railway) ihuza icyambu cya Mombasa ku nyanja y’Abahinde n’umujyi wa Nairobi. Kubera ko yubatswe n’Abakoloni, Prof. Wajackoyah abona Kenya ikwiye kwiyubakira iyayo, mu mafaranga yayo.
Prof. Wajackoyah arateganya kugabanya imitsi y’akazi, ikaba ine. Abona ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru hakwiye kuba iminsi ya ‘weekend’.
Ubusanzwe abakozi bo muri Kenya, kimwe no mu bindi bihugu byinshi, bahembwa nyuma y’ukwezi. Ariko Prof. Wajackoyah we ateganya ko bajya bahembwa nyuma y’ibyumweru bibiri, mu gihe yakwegukana intsinzi.
Prof. Wajackoyah arashaka kuzakuraho Itegekonshinga risanzweho, agasaba abaturage kwihitiramo icyo bifuza.
Mu gihe yaba Perezida wa Kenya, uyu mukandida ateganya guhindura umurwa mukuru, ukaba Isiolo aho kuba Nairobi. Uyu mujyi uri mu bilometero bibarirwa muri 280 werekeza Nairobi.
Prof. Wajackoyah arateganya kurema Leta 8 muri Kenya, kandi buri imwe ikajya igira guverinoma yayo. Iki gihugu cyahinduka nka Nigeria.
Umugambi wa nyuma w’uyu mukandida ni ukwirukana abanyamahanga abona ko ntacyo bafasha Kenya mu iterambere ryayo.
Wajackoyah ahataniye uyu mwanya n’abandi bakandida bakomeye muri politiki ya Kenya barimo Raila Odinga wahatanye akanahangana igihe kinini na Perezida Uhuru Kenyatta, hamwe na Visi Perezida, William Ruto.



4 Responses
Udushya 10 twa Prof. Wajackoyah, umukandida ushaka gusimbura Uhuru Kenyatta ku butegetsi
Barafinds
Ngo
Mutahe
????
Udushya 10 twa Prof. Wajackoyah, umukandida ushaka gusimbura Uhuru Kenyatta ku butegetsi
Barafinds
Ngo
Mutahe
????
Udushya 10 twa Prof. Wajackoyah, umukandida ushaka gusimbura Uhuru Kenyatta ku butegetsi
Uyu ntabitekerezo buzima afite.Arafungz gare ya Moshi.Ibwo yazageza kunyagihugu iki.
Udushya 10 twa Prof. Wajackoyah, umukandida ushaka gusimbura Uhuru Kenyatta ku butegetsi
Uyu ntabitekerezo buzima afite.Arafungz gare ya Moshi.Ibwo yazageza kunyagihugu iki.