Umubiligi Patrick Aussems watoje ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, ni we byitezwe ko agirwa umutoza mukuru wa Kiyovu Sports.
Kiyovu Sports kuri ubu nta mutoza ifite nyuma yo gutandukana na Haringingo Francis Christian wamaze kwerekeza muri Rayon Sports.
Cyakora cyo uyu mutoza w’Umurundi byitezwe ko asimburwa na Aussems wanditse amateka akomeye muri Simba Sports Club.
Kuri uyu wa Mbere Patrick Aussems yahuriye na Perezida Mvukiyehe Juvenal wa Kiyovu Sports mu Bufaransa, aho bagiraniye ibiganiro byitezwe ko bishobora gusiga uyu mutoza aje muri Kiyovu Sports.
Patrick Aussems yatoje Simba hagati ya 2018 na 2019, atwarana na yo ibikombe bitandukanye muri Tanzania ndetse anayigeza muri ÂĽ cy’irangiza cya CAF Champions league.


