Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola yapfuye

Sangiza iyi nkuru

José Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola, yapfuye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’iminsi mike arembye.

Uyu mukambwe w’imyaka 79 y’amavuko yaguye mu bitaro by’i Barcelone muri Espagne.

Urupfu rwe rwemejwe na Perezidansi ya Angola, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Facebook.

Perezidansi ya Angola yavuze ko yaguye mu bitaro bya Teknon Clinic i Barcelone, nyuma y’igihe kirekire arwaye.

Amakuru avuga ko yari amaze igihe kirekire akorera ingendo muri Espagne aho yajyaga kwivuza kanseri.

José Eduardo dos Santos yayoboye Angola kuva mu 1979; ava ku butegetsi muri 2017 nyuma y’imyaka 38 ari ku butegetsi.

Perezida João Lourenço uriho muri Angola ni we wasimbuye ku butegetsi.

Anengwa kuba ubutegetsi bwe bwararanzwe na ruswa no kwigwizaho umutungo wa Leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *