Igitero cy’abantu bitwaje intwaro mu masaha akuze kuri uyu Gatandatu ushize, mu kabari ko mu Mujyi wa Soweto muri Afurika y’Epfo, mu burengerazuba bwa Johannesburg, cyahitanye abantu 15 abandi barakomereka bikabije.
Raporo za polisi zerekana ko itsinda ry’abagabo bahageze muri tagisi ya minibus batangira kurasa mu kabari, bituma abari imbere bagerageza guhunga.
Komiseri wa polisi mu ntara ya Gauteng, Lt. Gen. Elias Mawel, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) ko bakeka ko ari agatsiko k’abantu kagabye igitero muri aka kabari bakurikije ibitoyi by’amasasu byahasanzwe.
Mawela yabwiye AP ati: “Ushobora kubona ko imbunda ndende ya kalibure yakoreshejwe kandi yarasaga nta gutoranya. Urashobora kubona ko buri wese muri abo bantu yarwanaga no kuva mu kabari.”
Yongeyeho ko icyateye icyo gitero kitaramenyekana.
Ati: “Iperereza ry’ibanze ryerekana ko aba bantu bishimishaga hano, mu kabari kemewe gakora mu masaha akwiye”.
Polisi mu itangazo rigenewe abanyamakuru yavuze ko abantu 23 barashwe bose hamwe. Basabye abaturage kuzana amakuru ayo ari yo yose ku “bakekwaho icyaha bataramenyekana barashe ku buryo butunguranye.”
Abakomeretse bajyanywe mu Bitaro bya Chris Hani Baragwanath.


