Twitter irateganya gutangiza urugamba rw’ubutabera muri iki cyumweru kuri Elon Musk, umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Tesla (TSLA.O) rukora imodoka zikoresha amashanyarazi akaba n’umuntu ukize kurusha abandi ku Isi, nyuma y’aho atangaje ku wa Gatanu ushize ko amasezerano ya miliyari 44 z’amadolari yari yamaze gukora yo kugura Twitter (TWTR.N) ayavuyemo.
Nk’uko Elon Musk abitangaza, ngo Twitter yarenze ku ngingo nyinshi z’amasezerano bari bagiranye.
Umuyobozi wa Twitter, Bret Taylor, we avuga ko inama y’ubutegetsi iteganya kwitabaza ubutabera mu rwego rwo gutuma Musk yubahiriza amasezerano.
Ati: “Ubuyobozi bwa Twitter bwiyemeje kurangiza ihererekanya ku giciro n’amasezerano byemeranijweho na Bwana Musk. »
Abunganira Elon Musk bavuga ko Twitter yananiwe cyangwa yanze gusubiza ubusabe bwinshi bwo gutanga amakuru yerekeye konti mpimbano cyangwa spam ku rubuga, ibyo bikaba ari ngombwa mu mikorere y’ubucuruzi bw’isosiyete nk’uko tubikesha The Washington Post.
“Twitter yarenze ku ngingo nyinshi z’aya masezerano, kandi bigaragara ko yatanze amakuru y’ibinyoma kandi ayobya Bwana Musk yashingiyeho mu kugirana amasezerano yo kugura.”
Musk yavuze kandi ko yavuye mu byo kugura twitter kubera ko Twitter yahagaritse abayobozi bakuru ndetse na kimwe cya gatatu cy’itsinda rishinzwe gushaka impano, binyuranyije n’inshingano za Twitter zo “kubungabunga ibintu bifatika by’umuryango w’ubucuruzi ubu.
Bivugwa ko imigabane wa Twitter yagabanutseho 6% igera kuri $ 34.58 mu bucuruzi bwagutse. Icyo giciro kiri munsi ya 36% angana na $ 54.20 ku mugabane Musk yari yemeye kuguraho Twitter muri Mata.
Imigabane ya Twitter yazamutse nyuma yuko Musk afashe imigabane muri iyi sosiyete mu ntangiriro za Mata, ayirinda guhura n’ibibazo nk’ibyo izindi mbuga nkoranyambaga zahuye nabyo ku isoko ry’imigabane.
Ariko nyuma yo kwemera ku ya 25 Mata kugura Twitter, imigabane yatangiye kugabanuka mu minsi mike kuko abashoramari batekerezaga ko uyu mucuruzi ashobora kuva mu masezerano. No kugabanuka nyuma y’inzogera yo kuwa Gatanu, igiciro cya Twitter cyari ku rwego rwo hasi kuva muri Werurwe.
Amasezerano ateganya ko Musk azishyura Twitter amafaranga angana na miliyari imwe y’amadolari y’indishyi mu gihe atashobora kurangiza ayo masezerano kubera impamvu nko kunanirwa kugura cyangwa kwitambika igikorwa bikozwe n’inzego zibishinzwe.
Icyemezo cya Musk kikaba gishobora guteza amakimbirane maremare hagati ye na rumwe mu mbuga nkoranyambaga zikoreshwa cyane ku Isi, Twitter.


