Urukiko rukuru rwa gisirikare rwa Gombe ruherereye i Kinshasa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) rwatangiye kuburanisha urubanza ku rupfu rw’umunyemari Simba Ngezayo wamenyekanye mu mujyi wa Goma na Rubavu, wishwe arashwe mu 2020.
Ni urubanza rwitabiriwe n’abafungwa benshi bari bambaye impuzankano, basanzwe bafungiwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo iherereye muri uyu murwa mukuru.
Mu baregwa kugira uruhare mu rupfu rwa Ngezayo harimo umusirikare w’ipeti rya Colonel, Heshima Rugo Innocent, hamwe n’abandi. Ubushinjacyaha bubarega icyaha cyo kwica n’ibindi bifitanye isano.
Uyu mushoramari yarasiwe i Goma tariki ya 3 Ugushyingo 2020 ubwo yari avuye kujyana umuhungu we ku ishuri. Nyuma y’urupfu rwe, inzego z’umutekano zataye muri yombi abantu batatu barimo uwitwa Ngezayo wari ufite imbunda, Eric n’undi witwa Abdoul.
Byaje kumenyekana ko abafunzwe bose bakekwaho uruhare muri uru rupfu ari 114. Barimo abo mu muryango we n’abo bigeze kugirana amakimbirane.
Inkuru y’urupfu rwa Ngezayo https://bwiza.com/?Umuherwe-w-i-Goma-yishwe-arashwe



