Umunyapolitiki ukomeye muri USA yahishuye ko yagize uruhare muri ‘coups d’état’ nyinshi

Sangiza iyi nkuru

John Robert Bolton wabaye umujyanama mu by’umutekano ku butegetsi bwa Donald Trump muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), yahishuye ko yagize uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi (coups d’état) mu bihugu bitandukanye.

Bolton yabivugiye mu kiganiro yagiriye kuri CNN kuri uyu wa 11 Nyakanga 2022 cyibandaga ku myigaragambyo yabereye ku ngoro y’inteko ishinga amategeko muri Mutarama 2021.

Iyi myigaragambyo y’abari bashyigikiye Donald Trump wari watsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, yaranzwe n’ibikorwa by’urugomo, abasesenguzi benshi bagaragaza ko yateje igisebo USA ifatwa nk’icyitegererezo muri demukarasi.

Umunyamakuru Jake Tapper amubajije niba iyi myigaragambyo atari igitero cyagabwe kuri demukarasi ya USA kigamije guhirika ubutegetsi bwa Joe Biden wari umaze gutsinda amatora, Bolton yasubije ko atari ko biri, kuko iki gikorwa gisaba imbaraga.

Yagize ati: “Nk’umuntu wafashijwe mu mitegurire ya Coups d’état, atari hano ariko, urabizi, ahandi hantu, bisaba akazi kenshi.”

Ntabwo yavuze byinshi kuri ‘coup d’etats’ yagizemo uruhare, ariko umunyamakuru yakomeje kumuhatiriza, avuga imwe yapfubye muri Venezuela, yari igamije gukuraho Perezida Nicolas Maduro, igashyiraho Juan Guaidó utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *