Kuri uyu wa Kabiri, Cote d’Ivoire yasabye irekurwa ry’abasirikare bayo 49 bafatiwe muri Mali, iki kikaba ari ikintu gishobora guteza amakimbirane hagati y’abategetsi ba gisirikare ba Mali ndetse n’ab’ibindi bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba mu gihe hafatwa ingamba zo guhashya inyeshyamba z’abayisilamu no kugarura ubutegetsi bwa demokarasi.
Ku cyumweru, abasirikare ba Cote d’Ivoire batawe muri yombi ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Mali mu murwa mukuru Bamako nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Guverinoma ya gisirikare ya Mali yavuze ko izo ngabo zahageze nta ruhushya, ko zimwe muri pasiporo zabo zerekanaga imyuga itari iya gisirikare, kandi ko batanze impapuro zitandukanye za manda zabo.
Ubutegetsi bwa gisirikare bwa Mali bukaba bwaravuze ko abo basirikare bazafatwa nk’abacanshuro kandi bakaregwa nkabo, bwongeraho ko abategetsi ba Cote d’Ivoire batari bazi ko bahageze.
Ariko, Cote d’Ivoire yo yavuze ku wa Kabiri ko abo basirikare boherejwe mu rwego rw’amasezerano yo gufasha y’umutekano n’ibikoresho yashyizweho umukono hagati yayo n’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Mali muri Nyakanga 2019, kandi isaba ko bahita barekurwa.
Ngo yari inshuro ya munani abasirikare ba Cote d’Ivoire boherejwe muri Mali muri urwo rwego basimburanwa kandi icyemezo cy’ubutumwa bwabo cyohererejwe abayobozi b’ikibuga cy’indege ndetse n’ubutegetsi mbere yo kuhagera, nk’uko byatangajwe n’inama nkuru y’igihugu ishinzwe umutekano muri Cote d’Ivoire.
Umuvugizi w’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Mali, Olivier Salgado, yemeje aya makuru kuri Twitter.
Cote d’Ivoire kandi yongeyeho ko nta n’umwe mu basirikare bayo wari witwaje intwaro cyangwa amasasu y’intambara igihe bahagurukaga, ariko ko indege ya kabiri yarimo intwaro zo kwikingira zemewe n’Umuryango w’Abibumbye.
Abategetsi ba Mali ntibahise basubiza Reuters yasabaga ibisobanuro.


