UN yihakanye abasirikare 49 ba Côte d’Ivoire bafungiwe muri Mali

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Abibumbye (UN) wihakanye abasirikare 49 ba Côte d’Ivoire bafungiwe muri Mali guhera ku wa 10 Nyakanga 2022, bakekwaho kuba abacancuro bari kuri misiyo itazwi.

Aba basirikare bafatiwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bamako bamaze kururuka indege yari ibavanye mu gihugu cyabo. Bari baherekejwe n’indi ndege yikoreye ibikoresho bya gisirikare.

Leta y’inzibacyuho ya Mali yasobanuye ko aba basirikare binjiye mu gihugu nta ruhushya bafite, bamwe muri bo bafite pasiporo yerekana ibyo bakora bitandukanye n’igisirikare, kandi berekanye impapuro zitandukanye na manda yabo.

Kubera iyi mpamvu, Leta ya Mali yasobanuye ko irakomeza gufunga aba basirikare nk’abacancuro, kandi ikazabageza mu butabera nka bo.

Leta ya Cote d’Ivoire, ku wa 12 Kamena 2022 yo yasobanuye ko aba basirikare boherejwe muri Mali hashingiwe ku masezerano ya NSE (National Support Elements) yo gufasha mu mutekano n’ibikoresho yagiranye na misiyo y’amahoro ya UN (MINUSMA) muri Mali muri Nyakanga 2019, kandi ngo ni icyiciro cya 8 kimaze koherezwa. Yabishingiyeho isaba ko barekurwa byihuse.

UN yabihakanye

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yatangaje ko Umuvugizi wungirije w’Umunyamabanga Mukuru wa UN, Fahran Faq, yatanze amakuru anyuranye n’aya Leta ya Cote d’Ivoire kuri aba basirikare, nyuma y’isuzuma ryakozwe n’itsinda ry’uyu muryango i New York na Bamako.

Faq yemeje ko nta ngabo zigeze zoherezwa mbere hashingiwe ku masezerano ya NSE. Ati: “Abasirikare ba Cote d’Ivoire ntabwo bari mu ngabo za MINUSMA (misiyo ya UN muri Mali). Ubusabe bwa Cote d’Ivoire bwo kohereza ingabo zo gutanga ubufasha bwemejwe mu 2019. Ariko kuva ubwo nta ngabo zari zakoherejwe hashingiye kuri aya masezerano.”

Ariko Umuvugizi wa UN yasabye ko ibihugu byombi byumvikana, aba basirikare bakarekurwa. Ati: “Turasaba dukomeje ibihugu bibiri gukorana bigakemura iki kibazo, abasirikare bafunzwe bakarekurwa.”

Abasirikare ba Cote d’Ivoire batawe muri yombi mu gihe ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Mali butabanye neza n’iki gihugu cy’igituranyi, kuva bwahirika ubutegetsi bwabanje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *