Joe Biden avuga yongeye kubwira igikomangoma Mohammed bin Salman ko yishe Khashoggi

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Amerika Joe Biden avuga ko yagarutse ku iyicwa ry’umunyamakuru Jamal Khashoggi, mu nama yagiranye n’igikomangoma cya Saudi Arabia (Arabie Saoudite) Mohammed bin Salman.

Nyuma y’inama itavuzweho rumwe yabahuje bombi ku wa Gatanu, Biden yabwiye abanyamakuru ati “Ku bijyanye n’iyicwa rya Khashoggi, narikomojeho mbere na mbere mu nama, nsobanura neza icyo naritekerejeho icyo gihe n’icyo nditekerezaho ubu”.

“Navuze nta guca ku ruhande na gato ko ‘kuba Perezida w’Amerika yakwicecekera ku kibazo cy’uburenganzira bwa muntu binyuranye n’abo turi bo ndetse n’uwo ndi we. Buri gihe nzaharanira indangagaciro zacu'”.

Biden yavuze ko igikomangoma cyavuze ko “ubwacyo kitagize uruhare” muri urwo rupfu rw’uwo munyamakuru, nkuko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Associated Press. “Nasobanuye ko ntekereza ko yarugizemo uruhare”, ni ko Biden yavuze ko yasubije iki gikomangoma.

Mbere y’iyo nama, Biden yafotowe asuhuzanya n’igipfunsi n’igikomangoma, bigaragara nkaho umubano ari mwiza hagati y’ibihugu byombi.

Biden yavuze ko yasobanuye neza ko iyicwa ry’uwo munyamakuru w’Umunya-Saudi Arabia ryabaye mu mwaka wa 2018 ari ikibazo cy”ingenzi cyane kuri jyewe no kuri Leta Zunze Ubumwe [z’Amerika]”.

Ariko Hatice Cengiz, umukunzi wa Khashoggi, yanenze ibikorwa bya Perezida Biden.

Khashoggi yiciwe muri ambasade ya Saudi Arabia y’i Istanbul muri Turukiya, mu kwezi kwa cumi mu 2018.

Ubutasi bw’Amerika bwashinje igikomangoma Mohammed bin Salman ko ari we watanze uruhushya rwo kwica uwo munyamakuru.

Iki gikomangoma buri gihe cyagiye gihakana ibyo birego. Abashinjacyaha bo muri Saudi Arabia begetse ubwo bwicanyi kuri ba maneko “b’abahemu” b’icyo gihugu.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Joe Biden avuga yongeye kubwira igikomangoma Mohammed bin Salman ko yishe Khashoggi
    Hanyuma se Joe Biden we yishe bangahe?Kuki Amerika yiha kugenzura uburenganzira bwa muntu ku isi hose,nyamara ijya muli Irak,Syria,Afghanistan ikica inzira-karengane ibihumbi??? Amerika nimenye ko Imana yanga umuntu wese umena amaraso y’undi nkuko zaburi 5,umurongo wa 6.Kandi nimenye ko umucamanza w’isi nyakuli ari imana yonyine.

    1. Joe Biden avuga yongeye kubwira igikomangoma Mohammed bin Salman ko yishe Khashoggi
      Yo yamaze abanyafurika ariko nyine kuko babona ntabo bahera bakoroniza icyo gihugu Niko nabihosemo kukigerekaho uwo munyamakuru utaranakiguyemo

    2. Joe Biden avuga yongeye kubwira igikomangoma Mohammed bin Salman ko yishe Khashoggi
      Yo yamaze abanyafurika ariko nyine kuko babona ntabo bahera bakoroniza icyo gihugu Niko nabihosemo kukigerekaho uwo munyamakuru utaranakiguyemo

  2. Joe Biden avuga yongeye kubwira igikomangoma Mohammed bin Salman ko yishe Khashoggi
    Hanyuma se Joe Biden we yishe bangahe?Kuki Amerika yiha kugenzura uburenganzira bwa muntu ku isi hose,nyamara ijya muli Irak,Syria,Afghanistan ikica inzira-karengane ibihumbi??? Amerika nimenye ko Imana yanga umuntu wese umena amaraso y’undi nkuko zaburi 5,umurongo wa 6.Kandi nimenye ko umucamanza w’isi nyakuli ari imana yonyine.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *