MONUSCO yivuze ibigwi ku bikorwa byayo mu myaka 21 imaze muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), MONUSCO, yivuze ibigwi ku bikorwa byayo mu myaka 21 imaze muri iki gihugu.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kinshasa tariki ya 13 Nyakanga 2022, Jean-Serge Boranzima wa Mashariki-RDC yabajije Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann kugaragaza urwego ibikorwa ingabo ziri muri iyi kisiyo zakoze biriho muri iki gihe cyose.

Boranzima yabajije ati: “Imyaka 20 irashize MONUSCO iri muri Congo, ikorana na FARDC na Leta. Ni uruhe rwego ibikorwa yakoze biriho. Ese rurashimishije cyane, rushimishije mo gake, ni rwiza cyangwa ruri hasi?”

Gillmann yasubije uyu munyamakuru ko ibikorwa MONUSCO yakoze mu myaka 21 bishimishije, asobanura ko bwa mbere ingabo ziri muri iyi misiyo zakoreraga mu ntara hafi ya zose z’igihugu, zishobora gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu ntara zirimo Kasaï, Katanga, Tanganyika n’izindi.

Umuvugizi wa MONUSCO yavuze ko nyuma yo kwirukana imitwe yitwaje intwaro muri izi ntara, bifatanyije n’ingabo za Leta, ubu bakomeje gukemura ikibazo cyasigaye mu ntara eshatu zonyine, ari zo: Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri.

Yagize ati: “Misiyo imaze imyaka 21. Yari yaroherejwe hafi muri buri ntara, ubu ndakwibutsa ko ubu turi mu ntara eshatu, mu gihe twamaze igihe kirekire turi mu gihugu cyose.”

Yakomeje ati: “Twafunze muri Kasaï mu 2016, ahari ikibazo gikomeye cyane cy’imitwe yitwaje intwaro yarangwaga n’ubugizi bwa nabi bukabije. Umutekano waho waragaruwe, turahava. Duherutse gufunga muri Tanganyika aho twamaze imyaka 20. Twahafunze tariki ya 30 Kamena. Intara yagarutsemo umutekano, bigerwaho kubera MONUSCO.”

Gillmann yasabye abantu kutanenga MONUSCO kubera ko intara 3 zonyine ari zo zikirimo ikibazo cy’umutekano muke. Ati: “Igihugu gifite imbibi cyashyiriweho n’ubukoloni, kitarekanye mu gice kinini. Ntabwo tukiri muri Katanga, Haut-Uélé, Tanganyika na Kasaï. Ntabwo tugomba kwirengagiza ibi kubera Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.”

MONUSCO (yabanje kwitwa MONUC) ifite abasirikare babarirwa mu 14.000 n’abapolisi bakabakaba 600, bose bakorera muri Ituri, Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *