Nta cyerekana ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda bizahagarika kwambuka imiyoboro iteza akaga – Abadepite

Sangiza iyi nkuru

Itsinda ry’abadepite mu Bwongereza ryatangaje ko “nta kimenyetso gifatika” cyerekana ko gahunda y’u Bwongereza yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda izahagarika kwambuka imiyoboro ishobora guteza akaga.

Muri Mata, u Bwongereza bwavuze ko abantu bamwe bahagera mu bwato buto bava mu Bufaransa bazoherezwa gusaba ubuhungiro bari mu Rwanda, mu rwego rwa politiki igamije guhagarika izo ngendo.

Ariko Depite Diana Johnson (wambaye ubururu mu ifoto), Perezidante wa komite ishinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu, yavuze ko “bigaragara ko bitamenywe” n’abimukira nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Guverinoma yavuze ko gahunda yayo izahagarika kwambuka guteza akaga.
Iyi politiki yatangajwe muri Mata, uwari Minisitiri w’intebe, Boris Johnson, avuga ko hakenewe ingamba zo guhagarika “abantu bambutsa abantu magendu”.

Kugeza ubu nta mwimukira n’umwe uroherezwa mu Rwanda avuye mu Bwongereza.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, abantu 47 babwiwe ko bazajyanwa mu Rwanda, indege yagombaga kubazana iteganijwe ku itariki ya 14 Kamena. Ariko nyuma y’ibibazo byinshi by’amategeko, hamwe n’icyemezo cyafashwe n’urukiko rw’uburayi rw’uburenganzira bwa muntu, indege yabujijwe guhaguruka ku kibuga cy’indege ku munota wa nyuma.

Muri uyu mwaka, abimukira barenga 14,000 bambutse Umuyoboro w’u Bwongereza mu bwato buto, barimo 442 binjiye ku wa Mbere ushize, itariki ya 11 Nyakanga honyine, komite ishinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu ikaba yavuze ko itangazo ryo kohereza abashaka ubuhungiro mu Bwongereza mu Rwanda ritagize akamaro.

Raporo yagize ati: “Nta kimenyetso cyerekana ko politiki izabuza abimukira kwambuka, umubare wiyongereye cyane kuva yatangazwa muri Mata”.

“Igisobanuro kimwe ku [kwiyongera kwambukiranya] gishobora guterwa no gukangwa n’abantu bacuruza abantu, ngo kuko kubera ko amabwiriza mashya arimo kuza hirya no hino ku Muyoboro bizagora cyane kugera mu Bwongereza mu bihe biri imbere, bityo bakaba bari gutanguranwa, ”

Ariko abadepite bavuze ko “nta gisubizo kiboneye cyo gukemura ikibazo cy’abimukira mu buryo budasanzwe”.

Ahubwo basabye “imigambi ya politiki isobanutse, ishingiye ku bimenyetso n’imibare kandi yasuzumwe neza” izageza ku “mpinduka zirambye “.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Nta cyerekana ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda bizahagarika kwambuka imiyoboro iteza akaga – Abadepite
    Uretse n’iyo raporo ivugwa hejuru, ntawe utabona ko kwohereza abimukira mu Rwanda atariwo miti w’ibibazo. Gusa numva ntacyo bitwaye abanyarwanda niba koko rwari rugamije imbere gutanga ubufasha. Ariko kandi birababaje kwumva abanyaburayi basigaye buvinsha impunzi ndetse n’abagizibanabi ngo igihano ni ukujyanwa mu Rwanda nkaho ari igisebo. Byangije ishusho y’igihugu kandi bikwiye gukurikiranywa, tugahabwa indishyi.

  2. Nta cyerekana ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda bizahagarika kwambuka imiyoboro iteza akaga – Abadepite
    Uretse n’iyo raporo ivugwa hejuru, ntawe utabona ko kwohereza abimukira mu Rwanda atariwo miti w’ibibazo. Gusa numva ntacyo bitwaye abanyarwanda niba koko rwari rugamije imbere gutanga ubufasha. Ariko kandi birababaje kwumva abanyaburayi basigaye buvinsha impunzi ndetse n’abagizibanabi ngo igihano ni ukujyanwa mu Rwanda nkaho ari igisebo. Byangije ishusho y’igihugu kandi bikwiye gukurikiranywa, tugahabwa indishyi.

  3. Nta cyerekana ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda bizahagarika kwambuka imiyoboro iteza akaga – Abadepite
    Ni Koko nanjye navuga nkabo ba depite,kuzana abo bimukira mu Rwanda sicyo kizaca uko kujya mubwongereza muburyo butemewe

  4. Nta cyerekana ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda bizahagarika kwambuka imiyoboro iteza akaga – Abadepite
    Ni Koko nanjye navuga nkabo ba depite,kuzana abo bimukira mu Rwanda sicyo kizaca uko kujya mubwongereza muburyo butemewe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *