Igihugu cya Iran ubu gifite ubushobozi bwo gukora igisasu cya kirimbuzi ariko ntikirafata umwanzuro wo kucyubaka, nk’uko umujyanama mukuru w’umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yabitangarije al Jazeera kuri iki Cyumweru.
Kamal Kharrazi yabivuze nyuma y’umunsi umwe Perezida wa Amerika Joe Biden arangije urugendo rwe rw’iminsi ine muri Israel na Arabia Sawudite, aho yiyemeza kubuza Iran “kubona intwaro za kirimbuzi.”
Ibyatangajwe na Kharrazi byari igitekerezo kidasanzwe cyerekana ko Iran ishobora kuba ishishikajwe n’intwaro za kirimbuzi, yahakanye kuva kera ko ishaka gutunga nk’uko iyi nkuru dukesha France24 ivuga.
Kharazzi yagize ati: “Mu minsi mike twashoboye gutunganya uranium kugera kuri 60% kandi dushobora gutunganya byoroshye 90% bya uranium ikungahaye… Irani ifite uburyo bwa tekiniki bwo gukora igisasu cya kirimbuzi ariko Irani ntiyigeze ifata icyemezo cyo kucyubaka .”
Iran isanzwe itunganya kugera kuri 60%, hejuru y’urugero rwa 3,67% rwemewe mu masezerano abuza gutunganya ingufu za kirimbuzi nk’intwaro yasinyiwe i Tehran mu 2015 yagiranye n’ibihugu by’ibihangange ku Isi. Ni mu gihe Uranium itunganyijwe kugeza kuri 90% ishobora kuvamo igisasu cya kirimbuzi.
Mu mwaka wa 2018, Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahagaritse ayo masezerano, Iran yari yaremeyemo guhagarika gutunganya uranium, nk’inzira ishobora kugeza ku gukurirwaho ibihano by’ubukungu yafatiwe.
Nyuma yo kwikura muri ayo masezerano kwa Amerika no kongera gufatirwa ibihano bikaze, Tehran nayo yatangiye kurenga kuri ayo masezerano itagira gutunganya ingufu za kirimbuzi.
Umwaka ushize, minisitiri w’ubutasi wa Iran yavuze ko igitutu cy’iburengerazuba gishobora gusunikira Tehran gushaka intwaro za kirimbuzi, igikorwa Khamenei yari yarabujije muri fatwa, cyangwa mu iteka ry’idini, mu ntangiriro za 2000.


