Rutahizamu uheruka gusinyira Borussia Dortmund yasanzwemo ‘Kanseri y’ubugabo’

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Borussia Dortmund yemeje ko rutahizamu Sebastian Haller iheruka gusinyisha yavuye mu myitozo yayo, nyuma yo gusanga arwaye ‘Kanseri y’ubugabo’.

Haller w’imyaka 28 y’amavuko, ni umukinnyi wa Dortmund kuva muri uku kwezi kwa Nyakanga, nyuma yo kuyigeramo avuye muri Ajax Amsterdam yo mu Buholandi.

Iyi kipe yo mu Budage yamusinyishije nyuma yo kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino, cyane muri UEFA Champions league aho yatsinze ibitego 11.

Dortmund mu itangazo yasohoye, yavuze ko uriya munya-CĂ´te d’Ivoire yasanzwemo iriya Kanseri nyuma yo kumererwa nabi ejo ku wa Mbere bikaba ngombwa ko bamukorera ikizamini cy’ubuzima.

Iyi kipe yavuze ko yahise ava i Bad Ragaz mu Busuwisi aho iri gukorera Pre-season agasubira i Dortmund.

Yunzemo ko “mu minsi iri imbere ibindi bizamini by’ubuzima bizakorerwa mu ivuriro ryihariye. Borussia Dortmund irasaba ko ubuzima bwite bw’umukinnyi n’umuryango we bwubahwa bityo ntihagire ibindi bibazo bibazwa.”

Dortmund yavuze kandi ko mu gihe cyose izaba yamaze kubona amakuru yuzuye izayatangaza nyuma yo kugisha inama umukinnyi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *