London: Rishi Sunak uvuka ku Munyakenya n’Umutanzaniya akomeje kuza imbere mu bahatanira kuba minisitiri w’intebe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, ushize uwahoze ari minisitiri w’imari w’u Bwongereza yakomeje kuyobora abahatanira kuzaba minisitiri w’intebe w’u Bwongereza mushya mu gihe undi mu bo bari bahanganye yakuwe mu irushanwa.

Rishi Sunak niwe waje imbere mu matora ya gatatu y’abadepite kugira ngo bamenye ugomba kuba umuyobozi wa Tory (Ishyaka ry’aba-conservateurs), nyuma y’aho Tom Tugendhat bahatanaga akuwe u bahatana nyuma yo kugira amajwi make muri icyo cyiciro cya gatatu.

Abakandida bane ubu baracyari mu marushanwa agenda arushaho gukomera kugirango basimbure Boris Johnson. Kuri uyu wa Kabiri, barajya mu kindi cyiciro cyo gutora nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga.

Ku wa Mbere, Sunak yabonye amajwi 115 mu matora ya gatatu y’abadepite b’aba conservateurs, aza imbere y’uwahoze ari minisitiri w’ingabo, Penny Mordaunt wagize 82 na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Liz Truss wagize 71.

Uwahoze ari Minisitiri w’uburinganire, Kemi Badenoch yabaye uwa kane.

Kuri uyu wa Mbere, Tom Tugendhat wahoze ari umusirikare kandi akunda kunenga Boris Johnson ariko utarigeze agira uruhare muri guverinoma, yavanywe mu marushanwa nyuma yo kubona amajwi 31.

Abamushyigikiye bagomba gutanga inkunga yabo ku wundi mukandida mu cyiciro gikurikira cyo gutora.

Muri iki cyumweru, abadepite 358 b’ishyaka riri ku butegetsi ry’Aba-Conservateurs bazagabanya abakandida kugeza kuri babiri ba nyuma, nyuma yo gukuramo abazagira amajwi macye.

Ibiza kuva mu matora y’icyiciro gitaha biratangazwa saa kumi zo mu Rwanda ( 1400 GMT) kuri uyu wa Kabiri.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’Intebe mushya azatangazwa ku itariki ya 5 Nzeri, nyuma y’amatora y’abayoboke 200.000 b’ishyaka ry’Aba-conservateurs.

Rishi Sunak yavukiye mu Mujyi wa Southmpton mu Bwongereza mu 1980 kuri se, Yashvir Sunak w’Umunyakenya na nyina, Usha Sunak, ufite ubwenegihugu bwa Tanzania ariko bahavukiye ku babyeyi b’abimukira baturutse mu Buhinde.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *