Israel yarahiye ko izaburizamo gahunda ya Iran yo gukora intwaro kirimbuzi

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Isreal cyarahiye ko kizaburizamo gahunda ya Iran yo kubaka igisisasu kirimbuzi n’izindi gahunda zirebana n’intwaro kirimbuzi zishobora guhungabanya umutekano w’igihugu.

Umugaba Mukuru w’ingabo za Israel, Lt Gen. Aviv Kohavi, yabitangaje nyuma y’aho umujyanama mukuru w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Kamal Kharrazi, yavuze ko ifite ubushobozi bwo gukora iki gisasu.

Kharrazi yagize ati: “Mu minsi mike ishize, twagize Iranium iri ku kigero cya 60%, kandi twashobora kuyitunganyamo iri ku kigero cya 90%. Iran ifite uburyo tekiniki bwo gukora igisasu kirimbuzi ariko ntirafata icyemezo cyo kucyubaka.”

Aya magambo Kharrazi avuze nyuma gato y’uruzinduko Perezida wa USA, Joe Biden, yagiriye muri Israel bakamagana gahunda ya Iran yo gucura intwaro kirimbuzi, yababaje Lt Gen. Kohavi, atangaza ko batazemerera iki gihugu kubaka intwaro nk’iyi.

Tariki ya 14 Nyakanga, Biden wari muri Israel yatangaje ati: “Uyu munsi, njyewe namwe twaganiriye kuri gahunda ya America yo gukumira ko Iran yatunga intwaro kirimbuzi. Ni ingenzi ku mutekano wa Israel na USA, nongereyeho n’ahandi hasigaye ku Isi.”

Lt Gen. Kohavi yavuze ko igisirikare ayoboye (IDF) kiri kwitegura kuzagira icyo gikora mu gihe uruganda rwo muri Iran rwazaba rutangiye kubaka iki gisasu.

Lt Gen. Kohavi yagize ati: “IDF ikomeje kwitegurana umuhate kuba yatera Iran kandi igomba kwitegura icyaba cyose. Gutegura uburyo bw’igisirikare kuri gahunda y’intwaro kirimbuzi ya Iran ni inshingano kandi biri muri gahunda y’umutekano w’igihugu.”

Mu gihe umwuka utari mwiza hagati y’ibi bihugu bitatu, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yagiriye uruzinduko muri Iran. Bivugwa ko iki gihugu gikungahaye kuri Iranium kiramuha utudege tutagira abapilote tuzifashishwa n’ingabo z’igihugu cye mu ntambara yo muri Ukraine.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *