Ijambo ry’umunyapolitiki Jean-Marc Kabund-A-Kabund wasabye abaturage guhagurukira Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, ryatambukijwe kuri radiyo na televiziyo y’igihugu, RTNC.
Tariki ya 18 Nyakanga 2022 ubwo Kabund yatangizaga ku mugaragaro ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryitwa Alliance pour le Changement, yamenyesheje abanyamakuru ko yiyemeje kurwanya Tshisekedi, anasobanura uburyo yicuza kuba yaragize uruhare mu gutuma ayobora igihugu.
Uyu munyapolitiki yasabye abaturage kwitegura, bakazirukana Tshisekedi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2023 ubwo bazaba batora uzagomba kuyobora RDC, kuko ngo uri kuri uyu mwanya adashoboye.
Ageze ku ngingo y’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC, by’umwihariko ku ntambara y’ingabo za Leta n’umutwe witwaje intwaro wa M23 iri kubera muri teritwari ya Rutshuru, Kabund yavuze ko Abanyekongo badakwiye kwigaragambya bamagana u Rwanda, barushinja gufasha uyu mutwe.
Kabund yavuze ko uwo kwamaganwa ari Tshisekedi kuko ngo yananiwe gushyira ku murongo igihugu n’abagituye, yirengagiza ko kubaka igisirikare ari byo byonyine byatanga igisubizo kirambye ku mutekano muke umaze imyaka myinshi mu burasirazuba.
Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?Kabund-abona-bakwiye-guhagurukira-Tshisekedi-aho-kwamagana-u-Rwanda
Ijambo rya Kabund wabaye Perezida w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi, ryakuruye umwuka mubi muri politiki ya RDC, bituma Umunyamabanga Mukuru waryo, Augustin Kabuya, atangaza ko kuri uyu wa 20 Nyakanga 2022 aramena amabanga yihishe inyuma yo gutandukana kwa Kabund n’ubutegetsi.
Mu buryo bwatunguye bamwe, kuri uyu wa 19 Nyakanga 2022 ijambo rya Kabund ryatambukijwe kuri RTNC ubusanzwe ifite inshingano yo kumenyekanisha ibikorwa bya guverinoma cyangwa Leta ya RDC.
Umunyekongo witwa Junior Béton abona kuba iri jambo rirwanya Umukuru w’Igihugu ryatambutse kuri RTNC ari ikimenyetso cy’uko demukarasi iri ku rwego rushimishije muri iki gihugu. Ati: “Harakabaho demukarasi na Fatshi Béton. Ijambo ku banyamakuru ry’umwopoza Kabundji wa kabundji ryatambukijwe kuri RTNC.”
Undi witwa Steve Wembi yagize ati: “Ikiganiro n’abanyamakuru cya Kabund JM wahamagariye abantu kwihuriza hamwe bakirukana Félix Tshisekedi mu 2023 cyatambukijwe kuri RTNC (televiziyo y’igihugu) kuri uyu wa Kabiri.”
Kabund yeguye ku mwanya wa Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko ya RDC muri Mutarama 2022 nyuma y’aho abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu bateye urugo rwe, bagata muri yombi abapolisi barurinda, ngo bashakisha abapolisi bakubise mugenzi wabo.




2 Responses
Ijambo rya Kabund wasabye abaturage kwamagana Tshisekedi ryatambukijwe kuri televiziyo y’igihugu
Kabsa rwose iyo ni demokarasi yimakajwe tubigirego.
Ijambo rya Kabund wasabye abaturage kwamagana Tshisekedi ryatambukijwe kuri televiziyo y’igihugu
Kabsa rwose iyo ni demokarasi yimakajwe tubigirego.